Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sarkozy yasabiwe gufungwa imyaka ine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sarkozy yasabiwe gufungwa imyaka ine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2020 2:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubushinjacyaha bwaraye busabiye Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa gufungwa imyaka ine. Ni mu rubanza aregwamo gukoresha ububasha yari afite nka Perezida agashyira umucamanza Gilbert Azibert ku mwanya yari bukoreshe kugira ngo amuhe amakuru ku iperereza ryamukorwagaho.

Ubushinjacyaha buvuga ko  Nicolas Sarkozy yakoresheje ububasha yari afite kugira ngo Azibert abe umucamanza mukuru mu rukiko rw’i Monaco aho yagombaga kumenya amakuru ku iperereza ryamukorwagaho ku ngingo y’uko hari amafaranga yahawe n’umuherwe witwa Liliane Betterncourt yo kumufasha kwiyamamaza.

Liliane Henriette Charlotte Betterncourt  yarapfuye. Yari we mugore wa mbere ukize ku isi, akaba uwa 14 mu bantu bakize kurusha abandi ku isi. Betterncourt yari afite umutungo ungana na miliyari 44.3$.

Umushinjacyaha mukuru ukurikirana ibyaha bifitanye isano n’ubukungu witwa Jean–Luc Blachon avuga ko ubutabera bw’u Bufaransa butagomba kujenjekera umuntu wigeze kuyobora igihugu, akaba yarakoresheje ubushobozi bwe mu kwica amategeko yari ashinzwe kurinda.

Yagize ati: “ Ntidushobora kwihanganira umuntu wigeze kuyobora u Bufaransa ariko akica amategeko nkana.”

Ubushinjacyaha buvuga ko ibyaha Nicolas Sarkozy akurikiranyweho muri ruriya rukiko yabikoze muri 2007.

Ubutegetsi bwa Nicholas Sarkozy bwaranzwe no kugongana n’inzego z’ubucamanza kandi bisanzwe bimenyerewe ko  mu Bufaransa buri rwego rw’ubutegetsi rwigenga.

 

Kwivanga mu mikorere y’inzego ni ikizira mu mitekerereze y’Abafaransa

Umufaransa witwa Charles-Louis de Secondat wamenyekanye mu mateka nka Montesquieu niwe watangije ibitekerezo by’uko buri butegetsi  haba ubutegetsi nyubahirizategeko, ubutegetsi nshingamategeko n’ubutegetsi bw’ubucamanza bugomba gukora mu bwigenge.

Kuri Montesquieu imikorere yigenga ya buri rwego niyo shingiro rya Demukarasi isesuye, aho buri rwego rukorera abaturage ntawivanze mu by’undi.

Ibitekerezo bya Montesquieu byaramamaye cyane mu mitekerereze ya Politiki ndetse n’ubu  ibihugu byinshi bibigenderaho mu kwandika Itegeko Nshinga.

Montesquieu yavutse taliki 18, Mutarama, 1689 apfa taliki 10, Gashyantare, 1755.

Charles_Montesquieu
TAGGED:BetterncourtfeaturedItegekoLilianePolitikiSarkozyUbucamanzaUbutegetsiUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatuye EAC dufite uburyo kamere bwo kwishakamo ibisubizo byaduteza imbere- Kagame
Next Article Kubumba si iby’abasigajwe inyuma n’amateka gusa natwe biradutunze: Kamaziga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?