Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Senateri Mike Enzi Wari Inshuti Y’u Rwanda Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Senateri Mike Enzi Wari Inshuti Y’u Rwanda Yapfuye

admin
Last updated: 27 July 2021 10:45 am
admin
Share
SHARE

Mike Enzi wahoze ari Senateri uhagarariye Leta ya Wyoming muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yapfuye ku myaka 77.

Enzi yari amaze iminsi mu bitaro nyuma y’impanuka yakoze ku wa Gatanu atwaye igare, akavunika ijosi n’imbavu.

Yabonywe n’abantu aryamye iruhande rw’igare, atumva. Mu iperereza Polisi ivuga ko nta makuru irabona ko hari umuntu wagize uruhare muri iyo mpanuka yabereye hafi y’urugo rwe mu Mujyi wa Gillette.

Enzi yabaye senateri kuva mu 1996, akaba umwe mu bagize ishyaka ry’aba-Republicains.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu 2019 yaje gutangaza ko adakeneye manda ya gatanu, avuga ko akeneye kuba hafi y’umuryango we.

Muri uyu mwaka yasimbuwe na Senateri Cynthia Lummis.

Enzi yatangiye politiki ku myaka 30, aba Meya w’umujyi wa Gillette, mu 1986 aba umudepite muri Leta ya Wyoming, mu 1986 aba senateri muri iyo leta mbere yo kuzamuka akagera ku rwego rw’igihugu cyose.

Mu gihe cye nka senateri yari umwe mu bakunda gusura u Rwanda, mu gihe giheruka ni mu myaka ya 2016, 2017, 2018 na 2019.

Muri Gashyantare 2019 ubwo yari mu Rwanda yitabiriye isengesho hamwe Perezida Kagame na Jeannette Kagame, ryiswe “Codel Prayer Breakfast”.

- Advertisement -

Ryahurije hamwe abayobozi bakuru b’igihugu n’itsinda ry’abagize Inteko Ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika, bari mu ruzinduko mu Rwanda.

Iryo tsinda ryari riyobowe na Senateri James Inhofe uhagarariye Leta ya Oklahoma, rikabamo Senateri Mike Enzi, Senateri John Boozman uhagarariye Arkansas na ba depite Greg Gianforte na Mike Kelly.

Enzi yavutse ku wa 1 Gashyantare 1944, mu gace ka Bremerton muri Washington. Umuryango we waje kwimukira mu gace ka Thermopolis muri Leta ya Wyoming.

Perezida Paul Kagame mu ifoto y’urwibutso hamwe na Senateri Mike Enzi (ibumoso) na Jim Inhofe (iburyo) nyuma y’ibiganiro bagiranye muri Village Urugwiro mu Ukwakira 2017
Mike Enzi yitabiriye amasengesho hamwe na Perezida Kagame na Madamu, yabereye muri Kigali Marriott Hotel muri Gashyantare 2019
TAGGED:featuredMike EnziPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Polisi Y’U Rwanda Ari Muri Malawi Kuganira Ku ‘Guhanahana Amakuru’
Next Article AKUMIRO: Uko Abayobozi Bamwe Basesagura Ubwizigame Bw’Abanyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?