Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Senegal: Abashyigikiye Bassirou Diomaye Faye Batangiye Kubyina Intsinzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Senegal: Abashyigikiye Bassirou Diomaye Faye Batangiye Kubyina Intsinzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 March 2024 9:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Diomaye Faye niwe uhabwa amahirwe yo gutsinda amatora y’Umukuru w’igihugu aherutse kubera muri Senegal. Bamwe mu bayoboke b’ishyaka rye bazindutse babyina intsinzi nyuma y’uko ibyavuye mu matora by’agateganyo bitangaje ko ari we uza imbere mu majwi.

Uyu mugabo afite imyaka 44 y’amavuko.

Kugeza ubu umurya isataburenge ni uwahoze ari Minisitiri w’Intebe witwa Amadou Ba.

Abantu 19 nibo biyamamarije gusimbura Macky Sall muri bo harimo umugore umwe witwa Anta Babacar Ngom.

Macky Sall yavuze ko agomba kuva ku butegetsi uko byagenda kose kandi taliki 02, Mata, 2024 nibwo azatangaza ko ahariye abandi.

Sall yari aherutse gushyirwa mu majwi n’abatavugaga rumwe n’ubutegetsi bwe bamushinjaga gushaka kongera manda ye kandi bitemewe n’Itegeko nshinga.

Abo kandi nibo bamushinjaga no gufunga Ousmane Sonko; ikintu bemezaga ko gihabanye n’amahame ya Demukarasi Senegal igenderaho kuva kera.

Ikindi kivugwa n’itangazamakuru ryo muri Senegal ni uko Sonko ari umwe, mu rwego rwa Politiki, na Diomaye.

Ndetse ngo bahoze bari mu ishyaka rimwe ariko ryaje guseswa, Sonko arafungwa.

Mbere gato y’uko amatora aba bararekuwe kugira ngo bayitabire ariko bikorwa nyuma y’imvururu nyinshi zakurikiye ifungwa rya Ousmane Sonko no kwigiza imbere igihe cy’amatora byari byemejwe na Perezida  Sall.

Amatora y’Umukuru w’igihugu muri Senegal yitabiriwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 7 muri miliyoni 18 zituye iki gihugu kiri mu  Burengerazuba bw’Afurika.

Umunyamakuru wa Al Jazeera uri i Dakar avuga ko amatora yo muri Senegal ari ikitegererezo cya Demukarasi kubera ko nta midugararo yayabayemo kandi abafana na Sonko na Diomaye bari kwishimira intsinzi mu rugo rwe(Sonko) kandi ntawe ubakoraho.

Ibyavuye mu matora mu buryo bweruye bizatangazwa kuri uyu wa Kabiri.

Icyiciro cyayo cya kabiri kizaba ari uko gusa habuze ugira 50% by’amajwi yose.

TAGGED:AmatoraPerezidaSenegal
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabire Victoire Yongeye Guteranya u Rwanda N’Ubwongereza
Next Article Kagame Yavuze Ku Kinyoma Ndayishimiye Yamubeshye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?