Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Senegal: Abashyigikiye Bassirou Diomaye Faye Batangiye Kubyina Intsinzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Senegal: Abashyigikiye Bassirou Diomaye Faye Batangiye Kubyina Intsinzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 March 2024 9:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Diomaye Faye niwe uhabwa amahirwe yo gutsinda amatora y’Umukuru w’igihugu aherutse kubera muri Senegal. Bamwe mu bayoboke b’ishyaka rye bazindutse babyina intsinzi nyuma y’uko ibyavuye mu matora by’agateganyo bitangaje ko ari we uza imbere mu majwi.

Uyu mugabo afite imyaka 44 y’amavuko.

Kugeza ubu umurya isataburenge ni uwahoze ari Minisitiri w’Intebe witwa Amadou Ba.

Abantu 19 nibo biyamamarije gusimbura Macky Sall muri bo harimo umugore umwe witwa Anta Babacar Ngom.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Macky Sall yavuze ko agomba kuva ku butegetsi uko byagenda kose kandi taliki 02, Mata, 2024 nibwo azatangaza ko ahariye abandi.

Sall yari aherutse gushyirwa mu majwi n’abatavugaga rumwe n’ubutegetsi bwe bamushinjaga gushaka kongera manda ye kandi bitemewe n’Itegeko nshinga.

Abo kandi nibo bamushinjaga no gufunga Ousmane Sonko; ikintu bemezaga ko gihabanye n’amahame ya Demukarasi Senegal igenderaho kuva kera.

Ikindi kivugwa n’itangazamakuru ryo muri Senegal ni uko Sonko ari umwe, mu rwego rwa Politiki, na Diomaye.

Ndetse ngo bahoze bari mu ishyaka rimwe ariko ryaje guseswa, Sonko arafungwa.

- Advertisement -

Mbere gato y’uko amatora aba bararekuwe kugira ngo bayitabire ariko bikorwa nyuma y’imvururu nyinshi zakurikiye ifungwa rya Ousmane Sonko no kwigiza imbere igihe cy’amatora byari byemejwe na Perezida  Sall.

Amatora y’Umukuru w’igihugu muri Senegal yitabiriwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 7 muri miliyoni 18 zituye iki gihugu kiri mu  Burengerazuba bw’Afurika.

Umunyamakuru wa Al Jazeera uri i Dakar avuga ko amatora yo muri Senegal ari ikitegererezo cya Demukarasi kubera ko nta midugararo yayabayemo kandi abafana na Sonko na Diomaye bari kwishimira intsinzi mu rugo rwe(Sonko) kandi ntawe ubakoraho.

Ibyavuye mu matora mu buryo bweruye bizatangazwa kuri uyu wa Kabiri.

Icyiciro cyayo cya kabiri kizaba ari uko gusa habuze ugira 50% by’amajwi yose.

TAGGED:AmatoraPerezidaSenegal
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabire Victoire Yongeye Guteranya u Rwanda N’Ubwongereza
Next Article Kagame Yavuze Ku Kinyoma Ndayishimiye Yamubeshye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: 13 Baguye Mu Mpanuka Bavuye Mu Bukwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?