Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Senegal Yegukanye Igikombe Cya Afurika, Itangaza Umunsi w’Ikiruhuko Mu Gihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Senegal Yegukanye Igikombe Cya Afurika, Itangaza Umunsi w’Ikiruhuko Mu Gihugu

admin
Last updated: 07 February 2022 9:54 am
admin
Share
SHARE

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yegukanye igikombe cya Afurika itsinze Misiri, Perezida Macky Sall ahita atangaza umunsi w’ikiruhuko kuri uyu wa Mbere kugira ngo abaturage babyine intsinzi.

Mu mukino wa nyuma wabereye kuri Olembe Stadium mu murwa mukuru wa Cameroon, Yaoundé, amakipe yabanje kunganya ubusa ku busa mu minota 90 y’umukino, hashyirwaho iminota 30 y’inyongera ariko rubura gica.

Hitabajwe penaliti, maze Sadio Mane atera iya nyuma yatumye begukana igikombe cya Afurika cya mbere mu mateka ya Senegal, batsinze Misiri kuri penaliti 4-2.

Misiri ni yo ifite ibikombe byinshi bya Afurika, birindwi.

Mane watowe nk’umukinnyi mwiza w’iri rushanwa yabashije kwinjiza penaliti mu gihe iyo yabonye mu mukno hagati yayiteye mu maboko y’umunyezamu Mohamed Qotb Abou Gabal Ali uzwi nka Gabaski, wa Misiri.

Senegal yaherukaga kugera ku mukino wa nyuma mu 2019 itsindwa na Algeria. Yageze ku mukino wa nyuma nanone mu 2002, nabwo iratsindwa.

Kwegukana iki gikombe byatumye Perezida Sall wagombaga gusura Comoros nyuma y’urugendo yahereye mu Misiri na Ethiopia, abisubika kugira ngo yishimane n’ikipe y’igihugu izwi nka Les Lions de la Teranga.

Itangazo ryasomewe kuri televiziyo y’igihugu, RTS, ryemeje ko kuri uyu wa Kabiri Perezida Sall yakira iyi kipe mu ngoro y’umukuru w’igihugu.

Yahise anatangaza umunsi w’ikiruhuko ugomba guhemberwa abakozi bose mu gihugu, mu kwishimira intsinzi.

Sadio Mane yatowe nk’umukinnyi w’irushanwa, Édouard Mendy wari mu izamu rya Senegal atorwa nk’umunyezamu mwiza, mu gihe uwatsinze ibitego byinshi ari Vincent Aboubakar wo muri Cameroon, watsinze ibitego 8.

Perezida Macky Sall yari mu byishimo bikomeye
Hatanzwe umunsi w’ikiruhuko ngo abaturage babyine intsinzi
TAGGED:AFCON 2022CameroonIgikombe cya AfurikaMacky SallSenegalUmupira w'amaguru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akababaro K’Umuzamu Urinda Imari Yawe
Next Article Amerika Yihanangirije Ubutegetsi Bwa Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?