Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Senegal Yegukanye Igikombe Cya Afurika, Itangaza Umunsi w’Ikiruhuko Mu Gihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Senegal Yegukanye Igikombe Cya Afurika, Itangaza Umunsi w’Ikiruhuko Mu Gihugu

Last updated: 07 February 2022 9:54 am
Share
SHARE

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Senegal yegukanye igikombe cya Afurika itsinze Misiri, Perezida Macky Sall ahita atangaza umunsi w’ikiruhuko kuri uyu wa Mbere kugira ngo abaturage babyine intsinzi.

Mu mukino wa nyuma wabereye kuri Olembe Stadium mu murwa mukuru wa Cameroon, Yaoundé, amakipe yabanje kunganya ubusa ku busa mu minota 90 y’umukino, hashyirwaho iminota 30 y’inyongera ariko rubura gica.

Hitabajwe penaliti, maze Sadio Mane atera iya nyuma yatumye begukana igikombe cya Afurika cya mbere mu mateka ya Senegal, batsinze Misiri kuri penaliti 4-2.

Misiri ni yo ifite ibikombe byinshi bya Afurika, birindwi.

Mane watowe nk’umukinnyi mwiza w’iri rushanwa yabashije kwinjiza penaliti mu gihe iyo yabonye mu mukno hagati yayiteye mu maboko y’umunyezamu Mohamed Qotb Abou Gabal Ali uzwi nka Gabaski, wa Misiri.

Senegal yaherukaga kugera ku mukino wa nyuma mu 2019 itsindwa na Algeria. Yageze ku mukino wa nyuma nanone mu 2002, nabwo iratsindwa.

Kwegukana iki gikombe byatumye Perezida Sall wagombaga gusura Comoros nyuma y’urugendo yahereye mu Misiri na Ethiopia, abisubika kugira ngo yishimane n’ikipe y’igihugu izwi nka Les Lions de la Teranga.

Itangazo ryasomewe kuri televiziyo y’igihugu, RTS, ryemeje ko kuri uyu wa Kabiri Perezida Sall yakira iyi kipe mu ngoro y’umukuru w’igihugu.

Yahise anatangaza umunsi w’ikiruhuko ugomba guhemberwa abakozi bose mu gihugu, mu kwishimira intsinzi.

Sadio Mane yatowe nk’umukinnyi w’irushanwa, Édouard Mendy wari mu izamu rya Senegal atorwa nk’umunyezamu mwiza, mu gihe uwatsinze ibitego byinshi ari Vincent Aboubakar wo muri Cameroon, watsinze ibitego 8.

Perezida Macky Sall yari mu byishimo bikomeye
Hatanzwe umunsi w’ikiruhuko ngo abaturage babyine intsinzi
TAGGED:AFCON 2022CameroonIgikombe cya AfurikaMacky SallSenegalUmupira w'amaguru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akababaro K’Umuzamu Urinda Imari Yawe
Next Article Amerika Yihanangirije Ubutegetsi Bwa Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Netanyahu Yavuze Ko Niba Hamas Itamanitse Amaboko Ijuru Rizayigwira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Iteramakofe: Mukazayire Yasabye Ikipe Y’u Rwanda Kuzatahana Imidali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ese APR FC Iri Ku Rwego Rwo Gukina N’Amakipe Nka Pyramids FC?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?