Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sheebah Afite Impungenge Z’Uko Umwanya We Wo Kuririmba Mu Gitaramo Uri Bube Muto
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Sheebah Afite Impungenge Z’Uko Umwanya We Wo Kuririmba Mu Gitaramo Uri Bube Muto

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 August 2022 9:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzikazi wo muri Uganda witwa Sheebah Karungi yaraye abwiye abanyamakuru bari bitabiriye ikiganiro cyateguwe na MTN/ATFH ko hari indirimbo nyinshi yabateguriye ariko afite impungenge ko umwanya uri bumubane muto.

Ni mu gitaramo ari bukorane n’abahanzi b’Abanyarwanda bari bwitabire iserukiramuco ryateguwe na MTN/ATFH.

Karungi ari mu bahanzi bo muri Uganda bafite abakunzi benshi i Kigali.

Yavuze ko akunda u Rwanda kandi ni mu gihe kuko ari naho yaje kubonera ko afite impano mu muziki.

Yemeza ko yiteguye gushimisha abari bwitabire igitaramo, ariko akavuga ko ashobora kuza gutenguhwa n’umwanya muto ari bugenerwe n’aho ubundi ko abafitiye byiza byinshi.

Yikomye abavuga ko yaba ari umutinganyi

Umugandekazi Sheebah Karungi

Abanyamakuru bamubajije icyo avuga ku bavuga ari umutinganyi, akaba yikundira abakobwa bagenzi be.

Mu mvugo isa n’iyikoma uwo munyamakuru, Sheebah Karungi yavuze ko adajya avuga ku buzima bwe bwite.

Ati: “ Mu buzima bwanjye  sinkunda unyinjirira mu buzima. Nakunda abakobwa ntabakunda, ninjye bireba.”

Kuri uyu wa Gatanu taliki 12 no  ku italiki 13, Kanama, 2022 mu Rwanda hazabira ibitaramo by’iserukiramuco bizitabirwa n’abahanzi barimo n’uwo muri Nigeria witwa Kizz Daniel.

MTN yasinye amasezerano ayiha uburenganzira bwo kuba umuterankunga mukuru w’iserukiramuco ryiswe ATHF Festival 2022 byitezwe ko rizaririmbwamo n’umuhandi Kizz Daniel.

JUST IN: Press Conference happening at @UbumweGdeHotel. Thank you to @Ksheebah1 @kivumbi_the_1st @arielwayz @kennykshot @Momolavaa #majorphabla @soldier_kidd @niyobosco250 @anitaPendo @LuckyIbnMiraj and all the Media Houses which are present. pic.twitter.com/vKVja7PE0z

— MTN Rwanda (@MTNRwanda) August 11, 2022

Oluwatobiloba Daniel Anidugbe wamenyekanye cyane ku izina rya Kizz Daniel ni umuhanzi ukomoka muri Nigeria. Arandika akananarimba.

Yamenyekanye cyane mu ndirimbo ebyiri ari zo “Woju” na “Yeba”.

MTN Rwanda iherutse gusinya amasezerano ayemerera kuba umuterankunga mukuru wa ririya serukiramuco rya muzika rizahuriramo abahanzi 20.Baryise ‘MTN/ATHF Festival.’

Rirabera ku i  Rebero mu Kibuga gikikije ahitwa  Canal Olympia.

Hafite ubushobozi bwo kwakira abantu barenga 3,000.

Bamwe mu bahanzi b’Abanyarwanda bari buryitabire ni King Kivumbi, Kenny k shot, Ariel Wayz n’abandi.

TAGGED:DanielIgitaramoKarungiKizzShebaah
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abapolisi B’i Rubavu Basabwe Kuba Maso Kubera Imiterere Y’Aho Bakorera
Next Article Abafaransa Batakambiye Imana Ngo Ibafashe Inkongi Ibibasiye Izime
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Bwiza Aritegura Igitaramo Kizahura N’Isabukuru Ye Y’Amavuko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?