Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Shema Maboko Wo Muri Minisiteri Ya Siporo Yavanywe Ku Mirimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Shema Maboko Wo Muri Minisiteri Ya Siporo Yavanywe Ku Mirimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2022 7:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo ryaraye risohowe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahagaritse mu mirimo ye uwari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo Bwana Shema Maboko Didier.

Nta bisobanuro bitangwa kuri iri hagarikwa rye Maboko, icyakora hari amakuru amaze iminsi avuga ko hari ubwumvikane buke muri iriya Minisiteri ku byemezo runaka kandi bikomeye bigatera umwuka mubi mu bakozi n’abayobozi.

Ibi byatumye bamwe mu bayobozi muri iyi Minisiteri bahagarikwa.

Shema Maboko Didier ‘avugwaho’ kuba yagiraga uruhare muri ubwo bwumvikane buke.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w'Intebe | Communiqué from the Office of the Prime Minister pic.twitter.com/VdKYYps04f

— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) September 16, 2022

Didier Shema Maboko yari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo kuva mu Ugushyingo, 2019.

Mbere y’uko agirirwa icyizere ngo ajye muri Minisiteri y’imikino, Maboko yari umusifuzi mpuzamahanga wa Basketball.

Yari kandi umuyobozi wa Tekinike mu Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA).

Yavutse Tariki ya 15 Werurwe 1980 mu Karere ka Nyarugenge.

- Advertisement -

Se ni Ndarusanzwe Augustin Nyina akaba Musabyemariya Génèvieve, akaba umwana wa kabiri mu muryango w’abahungu bane n’umukobwa umwe.

Ni umugabo wubatse ufite umugore n’abana.

Amashuri abanza yayize muri Camp Kigali, icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye acyigira kuri Saint André mbere yo gutangira kwiga Ecole Zairoise mu ishami ry’uburezi.

Mu mwaka wa 2007 nibwo  Maboko yarangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza muri Kaminuza y’u Rwanda aho yigaga Siporo.

Ari mu Banyarwanda bacye cyane bize icyiciro cya gatatu muri Siporo  muri Kaminuza ya Tsukuba mu Buyapani.

Mu  mwaka wa 1991 ubwo yari afite imyaka 11 nibwo yatangiye gukina Basketball.

Yakomeje gutera imbere muri Basketball ndetse aza kuba n’umusifuzi mu mikino yahuzaga ibigo by’amashuri.

Mu 2004, nibwo yasifuye umukino wa mbere mpuzamahanga mu mikino yahuzaga imijyi yo muri Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Kigali.

Maboko yahoze ari umusifuzi mpuzamahanga wa Basketball.

Yakomeje kuba umusifuzi mpuzamahanga mu mikino ya Basketball kugeza ubwo yagirwaga Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo mu mwaka wa 2019.

TAGGED:AmakimbiraneBasketballfeaturedImikinoMabokoMinisiteri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bushinwa Inzu Y’Amagorofa 42 Yahiye
Next Article Abapolisi Barinda Umutekano Mu Kivu Bongererewe Ubumenyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?