Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sheraton Hotel Yafunguye Amarembo i Kigali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Sheraton Hotel Yafunguye Amarembo i Kigali

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 June 2022 9:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uko iba igaragara mu ijoro
SHARE

Ikigo Marriot International cyafunguye i Kigali hoteli yitwa Sheraton iri mu zifite izina rikomeye ku isi. Ni Hoteli y’inyenyeri enye ikaba ifunguwe hasigaye igihe gito ngo mu Rwanda hatangire inama ya CHOGM.

Ni Hoteli ifite umugambi wo kuzajya iha serivisi ba mukerarugendo baje gukora business nto zitamara igihe kirekire kandi izakira n’inama zitabiriwe n’umubare w’abantu uringaniye.

Izafungurwa mu mugaragaro taliki 13, Kamena, 2022 kandi biteganyijwe ko iri mu zizakira Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bazitabira Inama ya CHOGM.

Abantu ‘basanzwe’ bazatangira kuyakirirwamo muri Nyakanga, 2022.

Hotel za Sheraton kugeza ubu ni 444. Ziri mu bihugu 72 ku isi yose.

Zicungwa n’ikigo Marriot International.

Ni hoteli zifite amateka kuko zimaze imyaka 81 zikora.

Mu kugira ibyumba byinshi Sheraton ni iya gatatu mu zindi hotel z’ikigo Marriot International

Marriot International yaguze amahoteli ya Sheraton mu mwaka wa 2016.

Hotel Sheraton yo mu Rwanda ni ngari kuko, nk’uko The New Times yabyanditse, ifite ibyumba 108 byo ku rwego rw’abanyacyubahiro bo hejuru( Abakuru b’ibihugu n’abami), ibyumba 34 by’abandi banyacyubahiro bari munsi y’abo twavuze haruguru hanyuma hakaza n’ibindi byumba bitanu biringaniye mu Cyongereza bita junior suite.

Cyashinzwe na J. Willard Marriott afatanyije n’umugore we witwa Alice Marriott.

Buri cyumba muri byo gifite ibyo umunyacyubahiro yakenera byose.

Mu byo bagaburira ababagana harimo n’ibitekwa kinyafurika kandi iriya hoteli ifite resitora eshatu.

Ifite aho abashyitsi bakorera imyitozo hafungura amasaha 24 mu minsi irindwi igize Icyumweru.

Sheraton ifite ibyumba icyenda byo gukoreramo inama, buri cyumba kikagira ubushobozi bwo kwakira abantu bari hagati ya 200 na 250.

Harimo n’ibyumba bito bita Boardrooms buri kimwe gishobora kwakira inama nto igizwe n’abantu batandatu.

Ifite ahantu hagari

Sheraton Hotel Kigali iyoborwa n’uwita Mathias Widor.

Ikigo Marriot International nicyo gifite hoteli nyinshi ku isi.

Gicunga hoteli 8,000 zifite amazina 30( brands) atandukanye kandi ziri ku migabane yose y’isi.

Marriott International, Inc. ni ikigo cy’Abanyamerika gifite icyicaro ahitwa Bethesda muri Leta ya  Maryland, USA.

Cyashinzwe na J. Willard Marriott afatanyije n’umugore we witwa  Alice Marriott.

Iri mu Mujyi wa Kigali

Amafoto:Four Points By Sheraton Kigali

TAGGED:featuredHotelKigaliMarriotSheraton
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Ntawamenya Icyo Ibihe Bihishe Ariko Ikoranabuhanga Rirahari Rizabidufasha’-Perezida Kagame
Next Article U Rwanda Rukomeje Umugambi Wo Gutunga Icyogajuru Cy’Itumanaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?