Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rukomeje Umugambi Wo Gutunga Icyogajuru Cy’Itumanaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rukomeje Umugambi Wo Gutunga Icyogajuru Cy’Itumanaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 June 2022 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mbere gato y’uko hatangira Inama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga mu itumanaho, Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo yasinyanye n’Ihuriro mpuzamahanga ry’abahanga mu byogajuru amasezerano y’imikoranire.

Ni amasezerano yitezweho kuzafasha u Rwanda guteza imbere itumanaho rikoresha ibyogajuru bizaruha serivisi ariko bikaziha n’Afurika muri rusange.

GSOA( Global Satellite Operators Association)  ni ikigo gikomatanyije ibindi bigo bikora ibyogajuru.

Kuri uyu wa Mbere, Leta y’u #Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Abahanga mu bya Satellite 🛰 (GSOA), agamije guteza imbere itumanaho rya satellite mu #Rwanda no muri Afurika.

Amasezerano asinywe mu gihe hagiye kuba #WTDC. pic.twitter.com/oSdzyY1wCZ

— Imvaho Nshya | Rwanda (@Imvaho_Nshya) June 6, 2022

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ihuriro ry’ibi bigo ryakozwe hagamijwe guhuza imbaraga n’ijwi mu nyungu rusange z’abakora ibyogajuru.

Intego kandi ni ugufasha abafata ibyemezo bya politiki kumenya uko isi iteye binyuze mu kubaha amakuru y’uko ku isi ibintu byifashe haba mu burezi, ubuzima, imibereho y’abaturage, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’ibitsina byombi, uko ubukungu burutanwa mu bihugu by’isi n’ibindi.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2019( hari muri Gashyantare) nibwo u Rwanda rwatangiye kuvuga rweruye ko rufite umugambi wo gutunga icyogajuru.

Ndetse muri icyo gihe hari amakuru yavugaga ko hari icyogajuru cy’u Rwanda kiri gukorerwa mu Buyapani ariko COVID-19 yadutse ku isi no mu Rwanda by’umwihariko kitararangira.

Hagati aho hari icyumba u Rwanda rwahawe mu cyogajuru kiri hejuru mu kirere cy’ahitwa Guyana, icyo ‘cyumba cy’ikoranabuhanga’ kikaba giha ibice byo ku Nkombo uburyo bwo kwakira murandasi mu buryo bworoshye.

- Advertisement -

Buriya buryo buzafasha gukwirakwiza murandasi no mu yandi mashuri yo hirya no hino mu gihugu yagorwaga no kwiga ndetse no gukoresha ikoranabuhanga bitewe na murandasi irandaga.

U Rwanda rwabashije kugera kuri icyo cyumba k’ubufatanye n’ikigo mpuzamahanga cy’itumanaho cyitwa ‘One Web’.

Icyo gihe Minisiteri ifite ikoranabuhanga mu nshingano zayo yavuze  ko kugira ngo murandasi igere ku kirwa cya Nkombo hakoreshejwe uburyo bwo kunyuza intsinga munsi y’amazi ku ntera ya kilometero 16 byasaba nibura miliyoni ebyiri n’igice z’amadorali ni ukuvuga amafaranga y’u Rwanda asaga gato miliyari ebyiri na miliyoni 212.

Mu mwaka wa 2019 imibare yatangwaga na Minisiteri y’Ikoranabuhanga yavugaga ko murandasi mu mashuri yisumbuye iboneka mu mashuri 525 (angana na 40%), naho mu mashuri abanza ikaboneka mu mashuri 2,800 (angana na 14 %).

Ubusanzwe ibyogajuru by’itumanaho ni ibyuma byoherezwa mu kirere ku butumburuke bwa kilometero 35,900 ubaze uturutse ku murongo mbariro wa Equator.

Ibyogajuru biba biri hejuru ku bilometero 35 birenga uvuye ku isi

Icyogajuru cy’itumanaho gishinzwe guhuza aho amajwi aturutse n’aho amajwi yoherejwe hatandukanye ku isi.

Ayo majwi( ondes) yakirwa na telefino, radio, murandasi ndetse n’ibikoresho bya gisirikare.

Ku Bunani mu mwaka wa 2021, ni ukuvuga taliki 01, Mutarama, mu kirere hari ibyogajuru mu itumanaho bigera ku 2,224.

Amajwi byohereza biri mu kirere byakirwa ku isi binyuze mu byuma biba byarahashinzwe bitwa satellites dishes.

TAGGED:featuredIbyogajuruInamaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sheraton Hotel Yafunguye Amarembo i Kigali
Next Article Mu Kwizihiza Isabukuru Y’Imyaka 30, CANAL+ Yadabagije Abakiliya Bayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?