Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sinigeze Ngira Inzozi Zo Kujya Mu Gisirikare- CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Sinigeze Ngira Inzozi Zo Kujya Mu Gisirikare- CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 November 2021 12:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko akiri muto atigeze agira icyifuzo cyo kuzaba umusirikare ariko ngo igihe cyarageze ariyemeza.

Avuga ko yinjiye mu gisirikare kubera ko igihe yari arimo cyabisaba abari bakiri bato.

Yabwiye Ukwezi ko yagiye mu gisirikare afite imyaka 23.

Avuga ko mbere y’uko ajya mu gisirikare cy’Inkotanyi ngo afatanye na bagenzi be kubohora u Rwanda yarigaga kandi ngo yari afite icyifuzo cyo kuzaba umuganga.

Ubwo igihugu cyabohorwaga, yahisemo gukomeza kuba umusirikare, nyuma aza kuba umupolisi.

Ngo ntiyegeze atekereza kubivamo ngo akomeze amashuri ye azabe muganga ahubwo yakomeje mu kazi yari yariyemeje ubwo yajyaga mu gisirikare.

Abajijwe amasomo yakuye kandi n’ubu agikura mu mwuga wo gucunga umutekano, CP John Bosco Kabera yavuze ko icya mbere kiranga abantu bakora muri ziriya nzego ari ‘discipline.’

Ati: “ Icyo waba icyo ari cyo cyose icya mbere ni discipline kugira ngo bigufashe mu myitwarire mu kazi kawe.”

CP John Bosco Kabera akiri umusirikare. Yari kumwe n’abandi basirikare afite icyombo

Avuga ko icyo umuntu wese yifuza kuzaba cyo bimusaba kugikorera .

CP Kabera avuga ko haba mu gisirikare cyangwa muri Polisi inzira yo kugera kucyo wifuza itigeze yoroshywa.

Ngo byose bisaba kwiga, kwitanga no kutagira ibyo wumva ko bizaza mu buryo bworoshye.

Yahaye urubyiruko inama y’uko niba bifuza gukorera igihugu bagombye kwikuramo imvugo y’uko ‘nta myaka ijana’ bazamara ku isi.

Avuga ko iyo ukoze ikintu ukiri muto biguha amahirwe yo kubikuriramo, bikaguha amahirwe  yo gutanga umusanzu wawe ukiri muto, ugifite amaraso mashya.

Ngo bitanga n’amahirwe y’uko umuntu yatera imbere, bityo CP Kabera agashishikariza urubyiruko kwitangira igihugu rugifite imbaraga.

TAGGED:featuredIgisirikareImbaragaInkotanyiKabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kaminuza Mpuzamahanga Y’Ubuzima Mu Bufatanye N’Abahanzi
Next Article Amahoteli Yasabye Guverinoma Kongera Kuyagoboka Ku Nguzanyo Yafashe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?