Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Slovakia Yahaye U Rwanda Inkingo 280,000 Za Astra Zeneca
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Slovakia Yahaye U Rwanda Inkingo 280,000 Za Astra Zeneca

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 October 2021 9:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi mu rwego rw’ubuzima muri Slovakia bwageneye u Rwanda inkingo 280 000 by’urukingo rwa COVID-19 rwo mu bwoko bwa AstraZenica. Byakozwe mu rwego rw’ubufatanye bw’Abanyaburayi bwo gufasha ibindi bihugu kubona inkingo bwiswe EU Civil Protection Mechanism (EUCPM).

Slovakia yahisemo gukurikiza igitekerezo nyamukuru cyo gufasha ibindi bihugu kubona inkingo, ihitamo gukorana n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi i Kigali kugira ngo ifashe u Rwanda mu muhati warwo wo gukingira abarutuye icyorezo COVID-19.

Uhagarariye kiriya gihugu mu Rwanda ariko ufite icyicaro i Nairobi muri Kenya Katarína Žuffa Leligdonová yagize ati: “Slovakia yumvise neza ijwi ryatabazaga risaba ko amahanga asaranganya inkingo z’iki cyorezo. Kizacika ku isi ari uko nta muntu cyangwa ahantu ku isi wagisanga. Niyo mpamvu Slovakia yahisemo gukorana n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ishami rya Kigali, kugira ngo duhe u Rwanda inkingo 280,000 zo mu bwoko bwa Astra Zeneca.”

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda  Amb Nicola Bellomo avuga ko Umuryango ahagarariye mu Rwanda wishimira gukorana narwo mu muhati wo guhangana na COVID-19.

Yavuze ko Umuryango ahagarariye uzakomeza gukorana na Gahunda mpuzamahanga yo gusaranganya inkingo yiswe COVAX, ukabikora ubicishije mu Bufatanye bw’Abanyaburayi bwo gufasha ibindi bihugu kubona ziriya nkingo bwiswe EU Civil Protection Mechanism (EUCPM).

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wishyura igice kinini cy’amafaranga akoreshwa  mu bwikorezi bukoresha indege bwo kugeza ziriya nkingo hirya no hino muri Afurika.

Mu ijambo aherutse kugeza ku Nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye Perezida wa Slovakia witwa Zuzana Čaputová  yavuze ko ubufatanye bugomba gukomeza kugira ngo Isi yose ishobore guhangana na COVID-19.

Kuri we, ngo ubufatanye bwo guhangana na kiriya cyorezo, ntibugomba kuba amahitamo ahubwo ni ihame.

Incamake ku gihugu cya Slovakia:

Slovakia ni igihugu kiri mu Burayi bwo hagati.

Slovakia ni igihugu kiri mu Burayi bwo hagati, kikaba igihugu kidakora ku Nyanja.

Gikikijwe na Pologne mu Majyaruguru, Ukraine mu Burasirazuba, Hongrie mu Majyepfo, Autriche( Austria) mu Majyepfo ashyira u Burengerazuba na Repubulika ya Tchèque iri mu Majyaruguru ashyira u Burengerazuba.

Ni igihugu gifite ubutaka bwiganjemo imisozi miremire, kikaba ku buso bwa kilometero kare 49,000.

Gifite abaturage miliyoni 5.4, Umurwa mukuru wacyo ni  Bratislava.

Ubukungu bw’iki gihugu bikigira icya 38 gikize ku isi nk’uko imibare y’Ikigega mpuzamahanga cy’imari yatangajwe mu mwaka wa 2020 ibivuga.

Umutungo mbumbe w’umuturage ku mwaka ni $38, 321.

Mu mwaka wa 2018, abaturage ba Slovakia bari bafite ubukungu bwatumaga bagira 78% by’umusaruro mbumbe wari ufitwe n’Abanyaburayi bose.

Mu mwaka wa 2016, 86% by’ibyakorewe muri Slovakia byagurishijwe mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, abo muri kiriya gihugu bo batumizayo ibingana na 50%.

Perezida wa Slovakia Zuzana Čaputová
TAGGED:AmbasaderiCOVID-19featuredInkingoSlovakia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibicuruzwa 5 Byinjizwa Cyane Mu Rwanda Muri Magendu
Next Article Mu Rwanda Hagiye Kubakwa Amabagiro 25 Y’ingurube
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?