Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: SpaceX Yatsindiye Kubaka Ikigendajuru Kizasubiza Abanyamerika Ku Kwezi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

SpaceX Yatsindiye Kubaka Ikigendajuru Kizasubiza Abanyamerika Ku Kwezi

admin
Last updated: 18 April 2021 10:43 am
admin
Share
SHARE

Ikigo SpaceX cy’umuherwe Elon Musk cyatsindiye isoko ryo kubaka ikigendajuru kizafasha abahanga bo mu kigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe iby’isanzure, NASA, gusubira mu bushakashatsi ku kwezi.

Ni ubutumwa bugiye gukorwa nyuma y’ubuheruka bwiswe Apollo, bwabaye kuva mu 1969 kugeza mu 1972.

NASA iheruka gutangaza ko uru rugendo rwitiriwe Ikigirwamanakazi Artemis ruzageza umugore wa mbere ku kwezi, mu itangazo rishya bikaba byemejwe ko ruzanagezayo umuntu wa mbere utari umuzungu.

SpaceX yari ihatanye n’ibigo Blue Origin cya Jeff Bezos cyari cyishyize hamwe n’ibindi bikomeye bya Lockheed Martin, Northrop Grumman na Draper, n’ikigo Dynetics gikora ibikoresho bya gisirikare.

Space X yatsinze kubera amafaranga yagaragaje akenewe ngo uwo mushinga ushoboke. The Washington Post yatangaje ko mu nyandiko zisaba isoko byagaragaye ko yatanze igiciro cya miliyari $2.9.

NASA yaje gusanga hagendewe ku ngengo y’imari ifite, idashobora guhuza n’amasezerano yagaragazwaga n’ibigo byashakaga isoko, SpaceX yemera kuvugurura uburyo yazishyurwamo “bihuye n’ingengo y’imari ya NASA.”

Umuyobozi wa gahunda yo kujya ku kwezi ya NASA, Lisa Watson-Morgan, yavuze ko ubutumwa bwa Apollo bwagaragaje ubuhangange bw’abanyamerika mu kureba imbere no mu bijyanye n’ikoranabuhanga.

Ati “Twiteze ko na Artemis izagaragaza ibintu byinshi bishobora kugerwaho, mu guhanga ibishya n’ubuvumbuzi mu by’ubumenyi. Twizeye ko ubufatanye bwa NASA na SpaceX buzatuma tugera ku ntego z’ubutumwa bwa Artemis.”

SpaceX yashinzwe na Musk mu 2002. Ntabwo icyo gie yari afite icyizere ko ibyo ashaka gukora bizashoboka.

Mu 2008 yagerageje ikigendajuru Falcon 1 yari yakoze, ariko nticyabasha kugera mu isanzure. Icyo gihe aza no gukena ku buryo yari atangiye kubura amafaranga.

Yaje kubona amasezerano ya NASA, bituma akomeza ubushakashatsi bwe. Nyuma yaje kubigeraho, ndetse hari ikigendajuru cye giheruka kujyana abantu mu isanzure.

Ubutumwa bwa Artemis bwatangiye ku bwa Donald Trump, wari watanze amabwiriza yo kugera ku kwezi bitarenze umwaka wa 2024. Ni ingengabihe ariko harimo kurebwa niba itahindurwa, mu gihe hagiye gukorwa ikigendajuru na rockets zizagihagurutsa.

Ibyo bikagendana n’ingengo y’imari, aho muri uyu mwaka inteko ishinga amategeko ya Amerika yemeje ingengo y’imari ya miliyoni $850, ugereranyije na miliyari $3.3 NASA yatangaje ko ikeneye kugira ngo igere ku ntego mu 2024.

Muri uku kwezi ubutegetsi bwa Biden bwagarageje ko NASA izahabwa ingengo y’imari ya miliyari $24.7, bingana n’izamuka rya 6.3 ku ijana ugereranyije n’ingengo y’imari isanzwe. Harimo miliyoni $325 zigenewe gahunda ya Artemis.

TAGGED:ApolloArtemisElon MuskNASASpace X
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mafoto: Umugabo w’Umwamikazi Elisabeth II Yashyinguwe
Next Article Israel Yakuyeho Itegeko Ryo Kwambara Agapfukamunwa Ahantu Hafunguye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ish Kevin Yinjiye Mu Bufatanye N’Ikigo Gikomeye Gicuruza Umuziki Ku Isi

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC Ntishaka Ubuhuza Bwa Thabo Mbeki 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?