Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: SpaceX Yatsindiye Kubaka Ikigendajuru Kizasubiza Abanyamerika Ku Kwezi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

SpaceX Yatsindiye Kubaka Ikigendajuru Kizasubiza Abanyamerika Ku Kwezi

admin
Last updated: 18 April 2021 10:43 am
admin
Share
SHARE

Ikigo SpaceX cy’umuherwe Elon Musk cyatsindiye isoko ryo kubaka ikigendajuru kizafasha abahanga bo mu kigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe iby’isanzure, NASA, gusubira mu bushakashatsi ku kwezi.

Ni ubutumwa bugiye gukorwa nyuma y’ubuheruka bwiswe Apollo, bwabaye kuva mu 1969 kugeza mu 1972.

NASA iheruka gutangaza ko uru rugendo rwitiriwe Ikigirwamanakazi Artemis ruzageza umugore wa mbere ku kwezi, mu itangazo rishya bikaba byemejwe ko ruzanagezayo umuntu wa mbere utari umuzungu.

SpaceX yari ihatanye n’ibigo Blue Origin cya Jeff Bezos cyari cyishyize hamwe n’ibindi bikomeye bya Lockheed Martin, Northrop Grumman na Draper, n’ikigo Dynetics gikora ibikoresho bya gisirikare.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Space X yatsinze kubera amafaranga yagaragaje akenewe ngo uwo mushinga ushoboke. The Washington Post yatangaje ko mu nyandiko zisaba isoko byagaragaye ko yatanze igiciro cya miliyari $2.9.

NASA yaje gusanga hagendewe ku ngengo y’imari ifite, idashobora guhuza n’amasezerano yagaragazwaga n’ibigo byashakaga isoko, SpaceX yemera kuvugurura uburyo yazishyurwamo “bihuye n’ingengo y’imari ya NASA.”

Umuyobozi wa gahunda yo kujya ku kwezi ya NASA, Lisa Watson-Morgan, yavuze ko ubutumwa bwa Apollo bwagaragaje ubuhangange bw’abanyamerika mu kureba imbere no mu bijyanye n’ikoranabuhanga.

Ati “Twiteze ko na Artemis izagaragaza ibintu byinshi bishobora kugerwaho, mu guhanga ibishya n’ubuvumbuzi mu by’ubumenyi. Twizeye ko ubufatanye bwa NASA na SpaceX buzatuma tugera ku ntego z’ubutumwa bwa Artemis.”

SpaceX yashinzwe na Musk mu 2002. Ntabwo icyo gie yari afite icyizere ko ibyo ashaka gukora bizashoboka.

- Advertisement -

Mu 2008 yagerageje ikigendajuru Falcon 1 yari yakoze, ariko nticyabasha kugera mu isanzure. Icyo gihe aza no gukena ku buryo yari atangiye kubura amafaranga.

Yaje kubona amasezerano ya NASA, bituma akomeza ubushakashatsi bwe. Nyuma yaje kubigeraho, ndetse hari ikigendajuru cye giheruka kujyana abantu mu isanzure.

Ubutumwa bwa Artemis bwatangiye ku bwa Donald Trump, wari watanze amabwiriza yo kugera ku kwezi bitarenze umwaka wa 2024. Ni ingengabihe ariko harimo kurebwa niba itahindurwa, mu gihe hagiye gukorwa ikigendajuru na rockets zizagihagurutsa.

Ibyo bikagendana n’ingengo y’imari, aho muri uyu mwaka inteko ishinga amategeko ya Amerika yemeje ingengo y’imari ya miliyoni $850, ugereranyije na miliyari $3.3 NASA yatangaje ko ikeneye kugira ngo igere ku ntego mu 2024.

Muri uku kwezi ubutegetsi bwa Biden bwagarageje ko NASA izahabwa ingengo y’imari ya miliyari $24.7, bingana n’izamuka rya 6.3 ku ijana ugereranyije n’ingengo y’imari isanzwe. Harimo miliyoni $325 zigenewe gahunda ya Artemis.

TAGGED:ApolloArtemisElon MuskNASASpace X
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mafoto: Umugabo w’Umwamikazi Elisabeth II Yashyinguwe
Next Article Israel Yakuyeho Itegeko Ryo Kwambara Agapfukamunwa Ahantu Hafunguye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?