Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Turikiya Yarakariye Amerika Yemeje Jenoside Yakorewe Abanya-Armenia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Turikiya Yarakariye Amerika Yemeje Jenoside Yakorewe Abanya-Armenia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2021 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Turikiya yatumije Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri icyo gihugu, ngo atange ibisobanuro ku cyemezo igihugu cye cyafashe cyo kwemeza Jenoside yakorewe Abanya-Armenia.

Ni ubwicanyi bwakozwe mu minsi ya nyuma y’ubwami bwa Ottoman bwaje guhinduka Turikiya y’ubu. Bwabaye hagati ya 1915-1917.

Mu gihe kuri uyu wa Gatandatu Armenia yibukaga abazize ubwo bwicanyi, Perezida Joe Biden yasohoye itangazo avuga ko bibuka ubuzima bw’abapfiriye muri jenoside yakorewe Abanya-Armenia mu gihe cya Ottoman, baniyemeza gukumira ko ubwicanyi ndengakamere nk’ubwo bwazongera kubaho.

Yakomeje ati “Ntabwo ari ugushinja ahubwo ari ugutuma ibyabaye bitongera kwisubiramo ukundi.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Biden yatandukanye n’abamubanjirije bababinyuraga ku ruhande birinda ko byahungabanya umubano wa Turikiya na Amerika, nk’ibihugu bihurira mu muryango wo gutabarana, NATO, ndetse binafatanya mu kurwanya Islamic State.

Ni igikorwa cyarakaje Perezida Recep Tayyip Erdoğan wa Turikiya wakomeje kuvuga ko ubwo bwicanyi atari jenoside, ntanemeranye n’umuntu wese ugerageje kuyita gutyo, harimo na Papa Francis.

Ibiro ntaramakuru bya Turikiya, Anadolu, byatangaje ko nyuma y’icyo cyemezo cya Biden, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Mevlut Cavusoglu yatumije ambasaderi wa Amerika muri Turikiya David M. Satterfield, ngo atange ibisobanuro.

Byatangaje ko kiriya cyemezo “cyateye ibikomere ku mubano ku buryo bizagorana kubyomora.”

Minisitiri Cavusoglu kuri uyu wa Gatandatu yananditse kuri Twitter ko icyemezo cya Amerika ari amagambo adashobora guhindura amateka cyangwa ngo ayandike bundi bushya.

- Advertisement -

Yakomeje ati “Ntabwo tuzigera duhabwa isomo ry’amateka ry’uwo ari we wese ku mateka yacu.”

Yavuze ko batemera uburyo Amerika n’ibindi bihugu bimwe bifata ibyabaye mu ntarmbara yo mu 1915, byakozwe ku butegetsi bubi bw’Abanya-Armenia n’imitwe yari ibangamiye cyane Turikiya.

Mu gihe imibare ivuga ko icyo gihe hishwe abaturage miliyoni 1.5, Turikiya yo ivuga ko hapfuye abagera mu 300.000.

Byagenze bite icyo gihe

Ubwo bwicanyi bwabaye nyuma y’uko ingabo za Ottoman zari zimaze gukubitwa inshuro n’ingabo z’Abarusiya mu gihe cy’intambara ya mbere y’isi, cyane cyane mu rugamba rwiswe urwa Sarikamish.

Icyo gihe Minisitiri w’Intambara muri Ottoman, Enver Pasha, yatangaje ko batsinzwe kubera ubugambanyi bw’ Abanya-Armenia kubera ko harimo benshi barwanye ku ruhande rw’u Burusiya.

Byatumye batangira kubica, biza kuvamo icyakomeje kugibwaho impaka, bamwe bemeza ko ari jenoside abandi bakabirwanya.

Turikiya yakomeje kuvuga ko nubwo habaye ubwicanyi ndengakamere, nta mugambi wabayeho wo kurimbura abakristu b’Abanya-Armenia, ndetse ko n’abasilamu benshi bapfiriye mu kavuyo ko mu ntambara ya mbere y’isi.

TAGGED:AmerikaErdoganfeaturedJenosideJoe Biden
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jay Polly Mu Bantu 12 Bafatiwe Mu Birori Bafite Ibiyobyabwenge
Next Article Davis D Na Kevin Kade Bafunzwe Bakekwaho Gusambanya Umwana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Frank Joe Mu Gahinda Ko Gupfusha Umugore We

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?