Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Stade Amahoro Ishobora Kuzaberamo Ibirori Byo Kwibohora 30
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Stade Amahoro Ishobora Kuzaberamo Ibirori Byo Kwibohora 30

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2024 3:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Niba nta gihindutse biteganyijwe ko ibirori byo kwizihiza imyaka 30 u Rwanda rumaze rubohowe bizabera muri Stade Amahoro imaze imyaka ibiri ivugururwa. Iyi Stade iri gukorwa imirimo ya nyuma ndetse mu mpera za Kamena, 2024 ishobora kuzaba yamaze kumirikirwa Leta y’u Rwanda.

Iby’uko ishobora kuzakorwamo ibirori byo kwibohora ku nshiro ya 30 byakomojweho n’Umuvugizi wa Guverinoma wungirije Alain Mukuralinda mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu taliki 05, Kamena, 2024.

Mukuralinda avuga ko kuba u Rwanda ruri gutegura amatora y’Umukuru w’igihugu ajyanirana n’ay’Abadepite bitazabuza ko no kwitegura neza kwibohora ku nshuro ya 30 nabyo bikorwa.

Rwagati muri Nyakanga, 2024 mu Rwanda hazabera amatora akomatanyije mu nzego zavuzwe haruguru.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mukuralinda yabwiye abanyamakuru ati: “Isabukuru yo Kwibohora turi kuyitegura ndetse nibinagenda neza izabera muri Stade nshya, ntabwo amatora azayibuza, nta nubwo kuyitegura bizabuza ko [amatora] aba kuko kwiyamamaza bizatangira ku itariki 22 Kamena kugeza 13 Nyakanga n’isabukuru yo kwibohora izaba nk’uko bisanzwe ariko by’umwihariko kuko ari iya 30”.

Stade Amahoro nshya ifite ubushobozi bwo kwakira abantu bicaye ibihumbi 45.

Ibice byayo bitaruzura neza ni iby’inyuma ahari gushyirwa ahazajya hashyirwa imodoka z’abaje kwitabira imikino cyangwa ibindi birori.

TAGGED:AmahorofeaturedKwibohoraStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Irategura Intambara Yeruye No Kuri Hezbollah
Next Article Rwigara, Barafinda…Ntibemerewe Kwiyamamaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?