Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Stade Amahoro Izasanwa Kuri Miliyari Frw 160
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Stade Amahoro Izasanwa Kuri Miliyari Frw 160

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 June 2022 11:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda iri gusana Stade Amahoro kugira ngo izakire abantu benshi kandi yubatswe mu buryo bujyanye n’igihe.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imyubakire Rwanda Housing Authority (RHA) gitangaza ko hateganyijwe Miliyari Frw 160 zo kuyisana.

Umuyobozi w’agateganyo wa RHA witwa Noel Nsanzineza yabwiye The New Times ko kuvugurura iriya stade bizarangira mu mpera z’umwaka wa 2024.

Hari amafoto Taarifa iherutse gutangaza yerekana ko imirimo yo gusana iriya stade yatangiye.

Inkingi zimwe zarasenywe, aho abafana bicaraga harasenywa, inkingi zirakurwa…byose bikorwa mu rwego rwo gushyiraho uburyo bwo kuzasana bitagoranye.

Guhera muri Werurwe, 2021, Stade Amahoro ntikoreshwa.

Ikigo cy’ubwubatsi cyo muri Turikiya kitwa SUMMA n’icyo cyapatanye kubaka iriya stade yubatswe bwa mbere n’Abashinwa itahwa mu mwaka wa 1986.
Amakuru Taarifa yahawe n’umwe mu nararibonye avuga ko igitekerezo cyo kubaka Stade y’igihugu cyatangijwe n’Umwami w’u Rwanda Mutara III Rudahigwa ku giciro cy’amadolari y’Amerika ibihumbi icumi($10,000).

Yatanze kitarashyirwa mu bikorwa, kiza gukomezwa n’ubutegetsi bwa Juvenal Habyarimana wategetse u Rwanda guhera mu mwaka wa 1973 kugeza mu mwaka wa 1994.

Ikigo cy’Abanyaturikiya, SUMMA, kizubaka iriya stade mu buryo bugezweho kandi izaba isakaye.

Ubuyobozi bwa RHA buvuga ko uko imirimo yateguwe ari ko izagenda.

Iriya Stade niyuzura izajya yakira abantu 45,000 mu gihe kugeza ubu yakiraga abantu 35, 000.
Hari andi Miliyari Frw 5 yateganyijwe yo kuzita kuri iriya Stade.

TAGGED:AmahorofeaturedIkigoStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatwara Abagenzi Mu Buryo Bwa Rusange Barashaka Kongera Kwandikira Perezida Kagame
Next Article Icyo Leta Y’ u Rwanda Ivuga Ku Nkoni Yera Ivugwaho Guhenda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?