Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Stade Amahoro Izazamura Impano- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Stade Amahoro Izazamura Impano- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 July 2024 7:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 Perezida Paul Kagame yatangaje ko Stade Amahoro ivuguruye izafasha mu kuzamura impano z’abakiri bato.

Avuga ko intego ari ukuba mu beza muri Afurika.

Yabitangaje ubwo yatahaga iyi Stade ivuguruye kuri uyu wa Mbere, taliki ya 1 Nyakanga 2024.

Ni igikorwa cyari cyitabiriwe na benshi mu bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu ndetse n’abashyitsi baturutse muri CAF na FIFA, barimo Dr Patrice Motsepe uyobora Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).

Perezida Kagame yashimiye Motsepe na Gianni Infatino uyobora FIFA kuko bagize uruhare mu gutuma iyi Stade ivugurrwa.

Ati: “Bakoze byinshi mu gushyigikira u Rwanda n’ibindi bihugu bya Afurika kugira ngo hazamuke urwego rwa ruhago Nyafurika ku bibuga nk’ibi, abana ba Afurika babone aho bazamukira n’aho batoreza impano zikomeye dufite ku mugabane wacu”.

Dr Patrice Motsepe na we yishimiye igikorwaremezo nk’iki avuga ko Abanyarwanda bakwiye guterwa ishema na cyo kandi bagashimira Umukuru w’Igihugu wakibubakiye.

Yasoje avuga ko u Rwanda nirukomereza muri uyu mujyo ruzagira imwe mu makipe akomeye ku Mugabane wa Afurika kuko impano zo zihari.

Ibihumbi hafi 45 by’abari muri Stade bishimiye itahwa rya yo ndetse banabigaragariza mu kwerekana ko bashyigikiye Perezida Paul Kagame bagira bati “Ni wowe, ni wowe”.

Kuva mu 2022, ni bwo imirimo yo kuvugurura Stade Amahoro yatangiye.

Iyi Stade yongerewe ubushobozi ndetse ijyanishwa n’igihe, ibyatumye yemerwa na CAF nk’ikibuga gifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanya y’amarushanwa atandukanye arimo n’aya FIFA. Mu mavugurura yakozwe harimo kongera imyanya yavuye ku 25.000 ikagera ku bantu 45,000 bicaye neza.

Ifite ikibuga cy’umupira w’amaguru cya 105 x 68m, gifite ubwatsi bwemewe na FIFA.

Stade Amahoro kandi ikikijwe na Gymnasium ParaOlympique (ikoreshwa n’abafite ubumuga), ndetse n’inzu ikinirwamo imikino y’intoki, (Petit Stade) yujuje ibisabwa na FIBA na FIVB.

Abagana iyi Stade ntibajya bicwa n’inzara cyangwa inyota kuko ifite amaduka, resitora, utubari n’ahandi hantu hacururizwa, ndetse n’ahantu habera ibirori.

TAGGED:featuredKagameMotsepeStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yafashe Mu Mugongo Umwami Wa Maroc Wapfushije Nyina
Next Article Israel: Abagendera Ku Mahame Akaze Ya Kidini Banze Kujya Mu Gisirikare 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Maduro N’Umugore We Bagejejwe Muri Gereza Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?