Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani: Ibisasu Biremereye Biri Kuraswa Mu Murwa Mukuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani: Ibisasu Biremereye Biri Kuraswa Mu Murwa Mukuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2023 3:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunsi ubaye uwa kabiri intambara yubuye hagati y’ingabo za Guverinoma y’inzibacyuho ya Sudani n’abasirikare batavuga rumwe nayo. Ni intambara iri kwaguka, hakaba hari ubwoba ko izagera n’ahandi mu gihugu hose niba idahoshejwe hakiri kare.

BBC yanditse ko ibintu biri kubera muri Sudani biteye impungenge k’uburyo ntawamenya aho biri kuganisha.

Abashinzwe uburenganzira bwa muntu bavuga ko ikintu giteye inkeke kurushaho ari uko imirwano iri kubera mu bice bituwe cyane.

Ni ikibazo ku bana n’abagore kubera ko n’ubusanzwe ari bo bibasirwa cyane n’ingaruka z’intambara.

Imibereho y’abana n’abagore bo muri Sudani isanzwe itameze neza muri kiriya gihugu cyamaze imyaka irenga 30 gitegekwa na Bashir.

Guhera kuri uyu wa Gatandatu mu bigo bya gisirikare hatangiye kumvikana amasasu.

Yakomeje kwiyongera ndetse hazamo n’ibisasu biremereye.

Ingabo za Leta ziri kurwana n’abahoze bifatanyije nazo bagize umutwe witwa Rapid Support Force(RSF) bivugwa ko ukorana n’abitwa aba Janjaweed.

Abarwanyi b’uyu mutwe kuri uyu wa Gatandatu bigambaga ko bafashe ikibuga cy’indege ndetse n’ibiro by’Umukuru w’igihugu ariko nta ruhande rudafite aho rubogamiye ruragira icyo rubitangazaho.

Ibihugu bituranye na Sudani byatangaje ko bihangayikishijwe n’iriya ntambara iri gukwirakwira vuba.

Ikibyerekana ni uko Umuryango w’ibihugu by’Abarabu, Arab League, wahise uteranira mu Misiri ngo wige icyakorwa ibintu bikiri ‘mu maguru mashya.’

Ni inama yatumijwe na Misiri na Arabie Saoudite.

Andi makuru avuga ko na Sudani y’Epfo yasabye kuba umuhuza muri kiriya kibazo, ikifuza kuzafatanya na Misiri.

TAGGED:AbarabufeaturedIntambaraMisiriSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Inzoga ‘Zishe’ Umugabo
Next Article Buri Gihugu Kigira Ibibazo Ariko Gukorera Hamwe Byabikemura- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?