Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani: Ingabo Za Leta Zisubije Perezidansi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Sudani: Ingabo Za Leta Zisubije Perezidansi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2025 12:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Sudani zirishimira ko zafashe inyubako yose isanzwe ari Ibiro by’Umukuru w’igihugu, zikirukana abagize umutwe wa Rapid Support Force bari bamaze igihe barabujije uwo ari we wese kuhegera.

N’ubwo bigamba iyo ntsinzi, ku rundi ruhande abo bahanganye bo muri RSF baracyafite igice kinini cy’umurwa mukuru, Karthoum, bafashe.

BBC yanditse ko imirwano yatumye iriya nyubako ifatwa yari imaze ibyumweru iba mu buryo bukomeye hagati y’impande zihanganye.

Mu mwaka wa 2023 nibwo abarwanyi ba Rapid Support Force biganjemo Abarabu batavangiye amaraso namba kandi bayobowe na Gen Dagalo barukanye igice bahanganye nacyo, kiva muri iriya nyubako iri rwagati mu Murwa mukuru.

Ikarita yerekana ibice byigaruriwe na buri gice mu bihanganye.

Kongera kwigarurira kiriya gice ni ikintu bamwe bavuga ko ari intsinzi ikomeye kuri izi ngabo ziyobowe na Gen. Abdel Fattah Al-Burhan.

Intambara iri muri iki gihugu yadutse muri Mutarama, 2023 itewe no kutumvikana kw’abasirikare babiri bakuru bari bagize Inama y’inzibacyuho yayoboraga Sudani nyuma y’ihirima ry’ubutegetsi bwa Omar Hassan Ahmad al-Bashir wayoboye Sudani guhera mu mwaka wa 1993 kugeza muri Mata, 2019.

Umuvugizi w’ingabo za Sudani witwa Nabil Abdallah avuga ko igisirikare avugira cyafashe n’ahantu haherereye za Minisiteri zitandukanye kandi ko kitari bucike intege mu gukomeza gufata n’ahandi.

Yagize ati: “ Ingabo zacu zasenye ibirindiro byose by’umwanzi, yamburwa ibikoresho byinshi”.

Abdallah avuga ko ibitero by’ingabo avugira bigomba gukomereza n’ahandi kugira ngo byirukane bariya barwanyi n’abantu bose bakorana nabo aho bari hose muri Karthoum.

Sudani ni igihugu kinini cyane.

Ubunini bwacyo buragutse cyane ku buryo amakuru Taarifa Rwanda ifite avuga ko intambara imaze igihe muri kiriya gihugu iri kubera mu Murwa mukuru no mu nkengero zawo gusa.

Sudani ni igihugu kinini cyane.

Hari umwe mu bazi ibiri kubera muri yo wabwiye Taarifa Rwanda ko ikibazo kiri yo gishingiye ahanini ku bwumvikane buke hagati y’Abarabu ba nyabo n’abandi bafite amaraso avanze.

Gen Dagalo arwanira ko Abarabu baba ari bo bayobora kandi bakagira igihugu cyabo.

Gen Dagalo.

Bivugwa ko niba adafashe ubutegetsi mu buryo budasubirwaho, azarwana kugeza igihe afashe igice kinini bihagije akagishingamo Leta.

Burhan nabo mu ruhande rwe bo ni Abarabu bafite amaraso avanze n’Abirabura cyangwa abandi bantu, ibyo bikaba imwe mu mpamvu ituma atumvikana na Dagalo.

Gen Burhan

Umuryango w’Abibumbye uherutse gutangaza ko intambara iri kubera muri kiriya gihugu yateje akaga gakomeye ku baturage ku buryo ibibazo biri yo usanga nta handi wabisanga ku isi.

TAGGED:AbaturageBurhanDagaloIntambaraSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Serivisi Za Ambasade Y’u Rwanda Mu Bubiligi Zimuriwe Ahandi
Next Article Uwayoboraga MTN Rwanda Yasimbujwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?