Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani: Ingabo Za Leta Zisubije Perezidansi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Sudani: Ingabo Za Leta Zisubije Perezidansi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2025 12:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Sudani zirishimira ko zafashe inyubako yose isanzwe ari Ibiro by’Umukuru w’igihugu, zikirukana abagize umutwe wa Rapid Support Force bari bamaze igihe barabujije uwo ari we wese kuhegera.

N’ubwo bigamba iyo ntsinzi, ku rundi ruhande abo bahanganye bo muri RSF baracyafite igice kinini cy’umurwa mukuru, Karthoum, bafashe.

BBC yanditse ko imirwano yatumye iriya nyubako ifatwa yari imaze ibyumweru iba mu buryo bukomeye hagati y’impande zihanganye.

Mu mwaka wa 2023 nibwo abarwanyi ba Rapid Support Force biganjemo Abarabu batavangiye amaraso namba kandi bayobowe na Gen Dagalo barukanye igice bahanganye nacyo, kiva muri iriya nyubako iri rwagati mu Murwa mukuru.

Ikarita yerekana ibice byigaruriwe na buri gice mu bihanganye.

Kongera kwigarurira kiriya gice ni ikintu bamwe bavuga ko ari intsinzi ikomeye kuri izi ngabo ziyobowe na Gen. Abdel Fattah Al-Burhan.

Intambara iri muri iki gihugu yadutse muri Mutarama, 2023 itewe no kutumvikana kw’abasirikare babiri bakuru bari bagize Inama y’inzibacyuho yayoboraga Sudani nyuma y’ihirima ry’ubutegetsi bwa Omar Hassan Ahmad al-Bashir wayoboye Sudani guhera mu mwaka wa 1993 kugeza muri Mata, 2019.

Umuvugizi w’ingabo za Sudani witwa Nabil Abdallah avuga ko igisirikare avugira cyafashe n’ahantu haherereye za Minisiteri zitandukanye kandi ko kitari bucike intege mu gukomeza gufata n’ahandi.

Yagize ati: “ Ingabo zacu zasenye ibirindiro byose by’umwanzi, yamburwa ibikoresho byinshi”.

Abdallah avuga ko ibitero by’ingabo avugira bigomba gukomereza n’ahandi kugira ngo byirukane bariya barwanyi n’abantu bose bakorana nabo aho bari hose muri Karthoum.

Sudani ni igihugu kinini cyane.

Ubunini bwacyo buragutse cyane ku buryo amakuru Taarifa Rwanda ifite avuga ko intambara imaze igihe muri kiriya gihugu iri kubera mu Murwa mukuru no mu nkengero zawo gusa.

Sudani ni igihugu kinini cyane.

Hari umwe mu bazi ibiri kubera muri yo wabwiye Taarifa Rwanda ko ikibazo kiri yo gishingiye ahanini ku bwumvikane buke hagati y’Abarabu ba nyabo n’abandi bafite amaraso avanze.

Gen Dagalo arwanira ko Abarabu baba ari bo bayobora kandi bakagira igihugu cyabo.

Gen Dagalo.

Bivugwa ko niba adafashe ubutegetsi mu buryo budasubirwaho, azarwana kugeza igihe afashe igice kinini bihagije akagishingamo Leta.

Burhan nabo mu ruhande rwe bo ni Abarabu bafite amaraso avanze n’Abirabura cyangwa abandi bantu, ibyo bikaba imwe mu mpamvu ituma atumvikana na Dagalo.

Gen Burhan

Umuryango w’Abibumbye uherutse gutangaza ko intambara iri kubera muri kiriya gihugu yateje akaga gakomeye ku baturage ku buryo ibibazo biri yo usanga nta handi wabisanga ku isi.

TAGGED:AbaturageBurhanDagaloIntambaraSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Serivisi Za Ambasade Y’u Rwanda Mu Bubiligi Zimuriwe Ahandi
Next Article Uwayoboraga MTN Rwanda Yasimbujwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?