Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani: Mu Cyumweru Kimwe Umubare W’Abahunga Intambara Wikubye Gatandatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani: Mu Cyumweru Kimwe Umubare W’Abahunga Intambara Wikubye Gatandatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2023 2:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Cyumweru kimwe, abantu 600,000 bahunze Sudani kubera intambara ihamaze hafi ukwezi. Ni umubare munini kubera ko mbere yawo, abantu 100, 000 bonyine nibo bari baramaze guhunga.

Byerekana ko niba intambara idahagaze, abandi bantu benshi bazakomeza guhunga.

Abantu 600 ni bo bishwe n’iriya ntambara bakaba biganjemo abasivili mu gihe abakomeretse ari abantu 5,000.

Ibi biri kuba mu gihe hari ibiganiro byo kugarura agahenge biri kubera muri Saudi Arabia biyobowe n’iki gihugu na Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Umurwa mukuru wa Sudani, Khartoum, utuwe n’abaturage miliyoni 5.4.

Ubu wamaze kuba isibaniro ry’abashaka kuyobora Sudani batangiye kurwana  taliki 15, Mata, 2023.

Abarwana ni ingabo za Gen Abdel Fattah al Burhan uri ku butegetsi n’uwari umwungirije witwa Gen Mohamed Hamdan Dagalo bita Hemedti.

Abahunga bahungira mu bihugu bituranye na Sudani cyane cyane Ethiopia na Tchad.

Ikindi kibazo gikomereye abatuye Khartoum ni uko kubona amafaranga ari ikibazo.

Ibyuma biyatanga bita ATM( Automatic Teller Machine) byarapfuye bityo kubona amafaranga mu buryo bworoshye biba ikibazo.

Abafite imodoka babuze uko bagura lisansi yo kuyishyiramo ngo igende.

Gen Burhan aherutse kubwira ikinyamakuru mu Misiri kitwa  Al-Qahera News ko igikenewe ari uko mu gihugu haboneka agahenge, hanyuma hakaganirwa ibirebana n’imiyoborerwe ya Sudani.

Kugeza ubu igice kinini cy’Umurwa mukuru, Khartoum kiri mu maboko y’ingabo za Gen Dagalo.

Iza Gen Burhan ziri kurasa iza Dagalo kugira ngo zizibuze gukomeza urugendo bityo ntizibone undi ‘musada’.

TAGGED:AbaturageDagaloIngaboSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I&M Bank Rwanda Plc Yibwe Miliyoni $10.3
Next Article Kagame Yakiriye Umuyobozi W’Ikigo Mpuzamahanga Cy’Ubucuruzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?