Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani Y’Epfo: Abapolisi B’U Rwanda Barinda Inkambi Iherutsemo Ubwicanyi Baganirijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Sudani Y’Epfo: Abapolisi B’U Rwanda Barinda Inkambi Iherutsemo Ubwicanyi Baganirijwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2023 9:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Umuryango w’Abibumbye mu butumwa bw’Amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ushinzwe ibikorwa, Commissioner of Police (CP) Felly Bahizi Rutagerura, yasuye abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU-1 n’amasibo abiri y’itsinda RWAFP-3 mu gace ka Malakal mu Ntara ya Upper-Nile.

Abasuye nyuma y’igihe gito mu nkambi ya Malakal yari isanzwe irindwa n’abapolisi b’u Rwanda bagize ikitwa RWAFU-1 yabereye amakimbirane yaguyemo abantu 19 abandi 64 barakomereka.

Byaturutse ku makimbirane yashyamiranyije imiryango yo muri iyi nkambi, hakaba hari taliki 08, Kamena, 2023.

Ubusanzwe iyi nkambi icungwa n’abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU-1.

Nyuma hari andi masibo abiri y’abapolisi b’u Rwanda bakorera mu Murwa mukuru, Juba, baje kongerera imbaraga bagenzi babo ngo barinde iyo nkambi mu gihe cy’amezi atatu.

CP Ferry Rutagerura Bahizi yashimiye abo bapolisi ku bunyamwuga bwabaranze mu bikorwa byo guhosha amakimbirane no kugarura ituze mu nkambi.

Ati: “Mushimirwa kandi muhora mwitezweho kurangwa n’ubunyamwuga kugira ngo mubashe gusohoza neza inshingano zanyu nk’uko biteganywa n’amabwiriza y’Umuryango w’Abibumbye. Icyo mukora cyose kitirirwa umuryango w’Abibumbye, itsinda ryose ndetse n’igihugu cy’u Rwanda muhagariye”.

CP Ferry B. Rutagerura ashima ubunyamwuga bw’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro

Abapolisi b’u Rwanda bari muri kiriya gice bafite inshingano zo kurengera abaturage b’abasivili, kubungabunga umutekano n’ituze rusange, kurinda no guherekeza abayobozi n’ibikoresho byUmuryango w’Abibumbye.

RWAFPU-1 rigizwe n’abapolisi 240.

TAGGED:AbapolisiAbayoboziBahiziEpfoRutageruraRwandaSudaniUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amateka Y’Uburyo Ababiligi Bahemukiye Abanye Congo
Next Article Hari Kwigwa Uko Umuhora Wo Hagati Waba Isoko Yo Kwita Ku Bidukikije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?