Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani Y’Epfo Yatangaje Igihe Cy’Amatora Y’Umukuru W’Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani Y’Epfo Yatangaje Igihe Cy’Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2024 3:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’amatora muri Sudani y’Epfo yatangaje ko mu Ukuboza, 2024 ari bwo hazaba amatora y’Umukuru w’igihugu. Niyo azaba abaye bwa mbere kuva iki gihugu gitangiye kwigenga mu mwaka wa 2011.

Byari biteganyijwe ko ayo matora azaba muri Gashyantare, 2023 ariko Guverinoma yemeranya n’abatavuga rumwe nayo ko yakwigizwa imbere akazaba mu mezi yigiye imbere.

Abednego Akok Kacuol uyobora Komisiyo y’Amatora yabwiye abanyamakuru ko ubu mu gihugu hose hoherejwe abaseseri( ni abakozi ba Komisiyo y’amatora) ngo batangire ubukangurambaga mu baturage bwo kuzayitabira kandi ibinyabiziga bizabafasha byamaze kuboneka.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora yavize ko n’amafaranga yo gutegura aya matora yamaze gukusanywa, ubu hakaba nta kibazo cy’amikoro gihari.

Akok uyobora iyi Komisiyo avuga ko ku ikubitiro hazabanza kugezwa impapuro z’itora mu biro byaryo biri mu Murwa mukuru, Juba, nyuma bikazakomereza muzi Ntara 10 zigize Sudani y’Epfo.

Sudani y’Epfo nikora amatora akagenda neza izaba yubatse amateka. Ni amateka kubera ko kuva ibonye ubwigenge mu mwaka wa 2011 yahise ijya mu ntambara imaze kugwamo abantu barenga 400,000 nk’uko imibare y’Umuryango w’Abibumbye ibyemeza.

Ni intambara yadutse kubera ubwumvikane buke hagati ya Riek Machar na Salva Kirr bombi bafatanyije kuyobora intambara yari igamije ubwigenge kuri Sudani yahoze iyoborwa na Omar al Bashir ubu ufunzwe.

TAGGED:AmatoraKirrMacharSalvaSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Imvura Mu Gice Cya Kabiri Cya Mata Iteganyijwe
Next Article Ikoranabuhanga Mu Gutubura Umusaruro Rigiye Guhabwa Imbaraga Mu Buhinzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Body Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uburayi Bwatanze Miliyoni € 2 Zo Gufasha Abo Muri Kivu Y’Amajyepfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?