Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sulfo Rwanda Industries Yafunzwe Kubera COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Sulfo Rwanda Industries Yafunzwe Kubera COVID-19

admin
Last updated: 12 June 2021 1:23 pm
admin
Share
SHARE

Uruganda Sulfo Rwanda Industries rukora ibintu bitandukanye rwafunzwe mu gihe cy’icyumweru, nyuma yo kugaragaramo umubare munini w’abakozi banduye COVID-19.

Hemejwe ko abakozi b’uru ruganda bazasubira mu mirimo ari uko bamaze kwipimisha bikagaragara ko bakize, ndetse n’abapimwe bikagaragara ko nta burwayi bafite bakazongera gupimwa, ngo harebwe koko niba batanduye.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy, yavugiye kuri radio y’igihugu ko inzego z’ubuzima n’iz’umutekano zikomeje gukurikirana ngo barebe aho abakozi “bo muri urwo ruganda barwaye baherereye, kugira ngo ntibakomeze gukwirakwiza icyo cyorezo.”

Yakomeje ati “Harimo no kureba abagaragayemo ubu bwandu serivisi baherereyemo cyane, kuko hari abakora mu ruganda nyirizina n’abakoramo bahura n’abaturage cyane.”

Yavuze ko nubwo muri Sulfo Rwanda ariho hagaragaye umubare munini, Minisiteri y’Ubuzima yari imaze igihe ipima abantu mu masoko atandukanye mu Karere ka Nyarugenge.

Ati “Ntabwo bihagarariye aha kuko RBC irimo gufata ibipimo ku bwinshi ngo bitwereke niba ubu bwandu bushobora kuba bwari bwibanze muri ruriya ruganda gusa cyangwa hari n’abandi bakorera hafi yarwo, kugira ngo birusheho gutanga icyerekezo cyo gukomeza kwirinda.”

Ngabonziza yasabye abafite ibikorwa birimo inganda n’ubucuruzi kurushaho kwirinda COVID-19.

Uru ruganda rukorera mu Rwanda guhera mu 1962. Mu byo rwakoraga harimo amasabune n’umuti wifashishwa mu gusukura intoki mu kwirinda COVID-19, umenyerewe nka ‘hand sanitizer’.

Rufunzwe nyuma y’uko mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’abavuga rikumvikana bo mu turere twa Musanze na Rubavu kuri uyu wa Gatanu, yibukije ko abaturage batagomba kwirara kuko ubwandu bwongeye kuzamuka.

Yakomeje ati “Wenda turaza gusubira mu kongera gufunga, byongere bidusubize inyuma gato ku bukungu, kuko turagenda tubona ibimenyetso biva hakurya y’imipaka byerekana ko hari irindi zamuka rya virusi rya gatatu.”

“Ubungubu ngirango riragenda riza, ahandi ho ryarahageze murabibona no mu mafoto, murabibona mu makuru hari abamerewe nabi, ntabwo twifuza ko, nabo iyaba bitabageragaho, ariko natwe ntabwo twifuza ko bitugeraho. Mugomba rero gufata ingamba zihamye.”

Imibare y’abanduye mu Rwanda ikomeje kuzamuka, aho nko ku Cyumweru gishize abarwayi bashya bari 34. Hari hashize iminsi haboneka abarwayi bari munsi ya 100 ku munsi, ku buryo ingamba nyinshi zari zimaze koroshywa.

Muri iki cyumweru ibintu byarahindutse. Ku wa Mbere habonetse abanduye bashya 62, ku wa Kabiri haboneka 127, ku wa Gatatu haboneka 114, ku wa Kane baba 112, kuri uyu wa Gatanu haboneka abanduye bashya 202.

Ni ukuvuga ko muri iyi minsi itandatu ishize habonetse abarwayi bashya 651, hapfamo abantu umunani. Imibare y’abakirwaye nayo yavuye kuri 660 yabarwaga ku Cyumweru gishize, ubu ni 1153.

TAGGED:COVID-19featuredSulfo Rwanda Industries
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Yo Koroza Abaturage, Croix Rouge Igiye Gutera Inkunga Imishinga
Next Article Tshisekedi Yasubitse Igikorwa Cyo Gucyura Ibice By’Umubiri Wa Patrice Lumumba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?