Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2025 9:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ibendera ry'ishyaka CHADEMA.
SHARE

Mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Samia Suluhu Hassan ryitwa CHADEMA ryeruye rivuga ko ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu uyu muyobozi aherutse gutsinda, ari ikinamico.

Itangazo y’iri shyaka nk’uko rigaragara kuri X/Twitter hari aho rigira riti: “ CHADEMA iramagana mu buryo bweruye kandi bwakumvwa na buri wese ibyavuye mu matora yateguwe na Komisiyo y’igihugu y’Amatora. Ibyayavuyemo nta shingiro bifite uko mu by’ukuri nta matora aciye mu mucyo yigeze aba.”

Itangazo rya CHADEMA

The Nation yanditse ko ntacyo ubutegetsi bwa Samia Suluhu Hassan bwigeze busubiza ku byo CHADEMA( Chama Cha Demukrasiya na Maendeleo) yavuze, icyakora iki kinyamakuru kibutsa ko umuyobozi wayo Tundu Lissu muri iki gihe afunzwe azira kugambanira igihugu.

Muri Mata, 2025 nibwo Tundu yahamijwe ibyo byaha arafungwa.

Kuwa Gatanu tariki 31, Ukwakira, 2025 iri shyaka ryari yatangaje ko abayoboke baryo bagera ku gihumbi bishwe barasiwe mu myigaragambyo bitabiriye bamagana ibyavuye muri ariya matora.

Ku rundi ruhande, imibare y’abaguye muri ziriya mvururu ntivugwaho rumwe kuko Leta n’Ibiro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, ishami rya Tanzania bavuga ko abahaguye batagera ku bantu 20.

Perezida [watowe] Samia Suluhu Hassan ubwo yakiraga inyandiko ibyemeza ayihawe na Komisiyo y’amatora yasabye abigaragambya kubireka, ahubwo bagakora ibyerekana ko ‘bakunda igihugu.’

Ubwo ibintu byafataga indi ntera, Leta yihise ishyiraho ibihe by’umukwabo kandi ikuraho murandasi mu rwego rwo gukumira ko abantu bakomeza kumenya ibibera hirya no hino no gushishikarizanya kwitabira iyo myigaragambyo cyangwa gukora ibindi Leta idashaka.

TAGGED:ChademafeaturedItangazoSuluhuTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye
Next Article Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?