Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tanzania Yemereye Abakobwa Batwite Gusubira Ku Mashuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tanzania Yemereye Abakobwa Batwite Gusubira Ku Mashuri

admin
Last updated: 25 November 2021 9:56 am
admin
Share
SHARE

Guverinoma ya Tanzania yakomoreye abana b’abakobwa batwite cyangwa babyaye ngo basubire mu mashuri, nyuma y’igihe bitemewe muri icyo gihugu.

Kuri uyu wa Gatatu Minisitiri w’Uburezi Prof Joyce Ndalichako yabwiye abanyamakuru ko guverinoma igiye kwemerera abanyeshuri bose bari barahagaritse amasomo kubera impamvu zirimo gutwita, gusubira ku mashuri nyuma yo kubyara.

Ni icyemezo yatangaje ubwo yagarukaga ku ntambwe zatewe mu burezi mu myaka 60 ishize, kuva ubwo igihugu cyabonaga ubwigenge.

Yakomeje ati “Uyu munsi ndaza gutangaza uburyo abanyeshuri bari barahagaritse amasomo kubera gutwita n’izindi mpamvu bazasubira ku mashuri.”

Itegeko rikumira abakobwa babyaye ryatowe mu 2002, rishyirwa mu bikorwa na Perezida John Pombe magufuli mu 2017, ategeka ko abakobwa batwite batemerewe kujya mu mashuri asanzwe.

Kuva hambere bwo abanyeshuri mbere yo kwakirwa bapimwaga ko badatwite, ku buryo uwajyaga ku ishuri kandi atwite yashoboraga gufungwa.

Magufuli yavugaga ko umukobwa utwite adashobora kwita ku masomo kuko aba afite undi mwana, ndetse ko yabangamira abandi bana bigana.

Yanaburiye abagabo batera abana inda ko bashobora gufungwa igihe kirekire.

TAGGED:AmashurifeaturedGutwitaTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr Ngirente Yakiriye Umuyobozi Wa Banki Y’Isi Mu Karere
Next Article Mushikiwabo Yakiriye Bazivamo Baganira Ku Ikoreshwa Ry’Igifaransa Mu Karere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?