Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tchad: Imyuzure Yahitanye Abantu 54
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahanga

Tchad: Imyuzure Yahitanye Abantu 54

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2024 8:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Ntara ya Tibesti muri Tchad haravugwa imyuzure ikomeye imaze guhitana abantu 54 isenya n’ibikorwa remezo byinshi.

Ubuyobozi bw’iyi Ntara buvuga ko iyo mvura ikomeje kugwa kandi hari impungenge ko hari ibindi biza izateza birimo n’inkangu.

Gen. Mahamat Tochi Chid uyobora iriya Ntara yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa ati: “ Abantu 54 ni bo bamaze gutakariza ubuzima mu myuzure mu duce dutandatu tw’Intara ya Tibesti. Hari  amaduka abarirwa mu bihumbi yatwawe n’amazi y’imvura yaguye guhera ku itariki 14, Kanama, 2024 n’ubu ikaba igikomeje kugwa”.

Umuyobozi w’ikigo cya Tchad gishinzwe iteganyagihe witwa Idriss Abdallah Hassan yatangaje ko iyo mvura yaguye mu buryo budasanzwe kuko atari kenshi ko igera ku gipimo cya milimetero 200 ku mwaka.

Avuga ko ibi ari ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kandi ngo bibaho nka buri myaka itanu cyangwa icumi.

Ikindi gitangaje ni uko iriya mvura yibanze cyane mu gice ahanini kigizwe n’ubutayu kandi gituranye na Libya.

Aka gace kanakungahaye ku mabuye y’agaciro.

Abayobozi bo muri iki gice bavuga ko hari n’abandi bantu baburiwe irengero biganjemo abakoraga mu birombe bya zahabu no mu bindi bice bigize iriya Ntara.

Radio mpuzamahanga y’Abafaransa ‘RFI’ ivuga ko iyo mvura yageze no mu murwa mukuru  Ndjamena ikaba imaze gusenya inzu nyinshi z’abaturage ahandi imihanda irarengerwa, imiryango myinshi igizwe n’abantu babarirwa mu bihumbi yamaze kuva  mu byayo irahunga.

Abo bose nta kintu gifatika bahunganye, harimo n’abadafite aho bahengeka umusaya.

Amazi meza n’imiti ihagije nabyo byabaye ikibazo, ibiribwa biragabanuka ku buryo abaturage benshi biganjemo abana n’abageze mu za bukuru bugarijwe n’inzara n’indwara ziterwa n’umwanda.

TAGGED:featuredImvuraImyuzureTchad
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Uwari Warasigaye Wenyine Muri Jenoside Yishwe
Next Article Federasiyo Z’Imikino Ziyemeje Gufasha Minisitiri Mushya Wa Siporo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?