Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Telefoni 520,000 Za Airtel Zimaze Guhabwa Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Telefoni 520,000 Za Airtel Zimaze Guhabwa Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2024 10:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kazibwe Paulian ushinzwe imari muri Airtel Rwanda yatangaje ko kuva gahunda ya Connect Rwanda yatangira muri Kamena, 2023 ubu telefoni 520,000 zimaze guhabwa abaturage. Yabivugiye mu Karere ka Rusizi aharaye habereye itangwa ry’izindi telefoni kugira ngo Abanyarwanda batera kuri Miliyoni 1.2 bazabe bazifite bitarenze mu mpera za 2024.

Yagize ati: “ Kugeza ubu tumaze guha abaturage telefoni 520,000 kandi ubu twaje inaha muri Rusizi kugira ngo dukomeze iyi gahunda”.

Kazibwe Paulian

Abaturage bo muri Rusizi bishimiye ko iriya telefoni idahenze kandi ifite ikoranabuhanga bakeneye ngo bakomeze kumenya aho isi igeze.

Ni ikoranabuhanga ribafasha no mu kumenya gahunda za Leta, kwiyakira serivisi bakeneye ku rubuga rwa Irembo no kuba bageza ku bayobozi amakuru y’ibyo bifuza ko byakorwa ngo barusheho gutera imbere.

Golden Karema wari uhagarariye Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yashimye ko izi telefoni zifasha mu kongera umubare w’abakoresha ikoranabuhanga hirya no hino cyane cyane mu cyaro.

Golden Karema

Ubuyobozi bwa Airtel Rwanda busaba abaturage bifuza gutunga izi telefoni kugana ahari amaduka ya Airtel Rwanda bakazigura.

Imwe igura Frw 20,000 muri yo hakabamo na murandasi umuntu atangira yifashisha yazarangira akabona gutangira kwigurira iye.

Izi telefoni zikoresha murandasi y’igisekuru cya kane( 4G Network), bakaba barazise Airtel Imagine G4.

Mu mwaka wa 2023 ubwo iyi gahunda yatangirizwaga mu Karere ka Kayonza, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Ingabire Paula yasabye abaturage kuzazifata neza, bakazikoresha mu kumenya amakuru no kuyahererekanya ndetse no gusaba serivisi z’Irembo bitabasabye kuva aho batuye.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Ingabire Paula
TAGGED:AirtelIkoranabuhangaRusiziRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibigo Bikoresha Neza Ihame Ry’Uburinganire Byabihembewe
Next Article Kaminuza Y’u Rwanda Yabajijwe Iby’Inyubako Imaze Imyaka Umunani Ituzura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

RDF na Polisi Bari Guha Abatuye Sudani Y’Epfo Uburyo Bwo Kwirinda Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?