Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Thailand Na Cambodia Bemeranyije Guhagarika Intambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Thailand Na Cambodia Bemeranyije Guhagarika Intambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 July 2025 3:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’intambara yabaye mu Cyumweru gishize hagati ya Cambodia na Thailand, ubu abayobozi b’ibihugu byombi basinye amasezerano y’amahoro kugira ngo imirwano yari imaze guhitana abantu 33 ihoshe.

Minisitiri w’Intebe wa Malaysia( igihugu cyabaye umuhuza) witwa Anwar Ibrahim yabwiye bagenzi be bo mu bihugu bihanganye ko guhagarika imirwano ari ingenzi kandi ko iri buhagarare mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere.

Thailand yari yaranze ibyo kuganira na Cambodia kugeza ubwo Amerika ivugiye ko itazaganira ku byerekeye kugabanya imisoro igihe cyose intambara itazaba yahagaze.

Intambara yadutse hagati y’ibi bihugu nyuma y’uko umusirikare wa Cambodia yishwe na mugenzi we amutsinze ku mupaka ibihugu byombi bisangiye.

Thailand yari yarabujije ko abaturage bayo na ba mukerarugendo baca muri iki gihugu bajya kuri Cambodia, mu gihe ku rundi ruhande Cambodia nayo yari yarashyizeho imisoro iremereye ku bicuruzwa biva muri Thailand.

Amakuru BBC ikesha itangazamakuru ryo muri Cambodia avuga ko hari abaturage benshi b’iki gihugu bahisemo kuva muri Thailand aho bari baragiye gupagasa, bataha batinya ko intambara yazarota ikabasanga yo gutaha bikabagora.

Imirwano yaje kwaduka kuwa Kane washize kandi uruhande rwa Thailand nirwo rwatakaje abantu benshi biganjemo abasivile.

Abantu 13 bo muri Cambodia nibo bahaguye, barimo abasivile umunani.

Minisitiri w’Intebe wa Cambodia witwa Hun Manet nawe yashimye intambwe yatewe yo guhagarika imirwano n’aho mugenzi we wo muri Thailand witwa Phumtham Wechayachai yijeje umuhuza ko igihugu cye kizakurikiza ibikubiye muri ayo masezerano.

Abayobozi kandi bashimye uruhare rwa Amerika n’Ubushinwa mu gutuma ayo masezerano agerwaho.

Yaba Thailand, yaba na Cambodia byombi biri kuganira na Amerika ngo bisinyane amasezerano y’ubucuruzi mu gihe Ubushinwa bwo ari umufatanyabikorwa w’imena mu bucuruzi bw’ibi bihugu.

TAGGED:AmahoroCambodiaImirwanoIntambaraThailand
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubusitani Bwa Nyandungu Bwahembewe Akamaro Bufitiye Ababusura
Next Article Gen Gumisiriza Na Bagenzi Be Bagiye Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?