Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: The Ben Na Uncle Austin Bibiwe Telefoni i Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

The Ben Na Uncle Austin Bibiwe Telefoni i Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2023 9:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo yishimiye ko igitaramo cye cyitabiriwe kandi kigashimisha abantu, ku rundi ruhande The Ben yibwe telefoni ubwo yari yagiye guhura n’abafana be muri ‘Meet and Great’ yabaye ku wa Gatandatu taliki 30, Ukwakira, 2023. Bukeye bw’aho Uncle Austin nawe yibwe iye.

Ikindi cyaranze iki gitaramo ni uko hari abahanzi batashye bataririmbye kubera ko amasaha yo kugihagarika yabagereyeho.

Barimo Lino G, Big Fizzo na Bushali.

Imvura nyinshi yaguye i Bujumbura mbere y’uko igitaramo gitangira yatumye hari bamwe mu bahanzi bataririmba.

Byari byitezwe ko The Ben afatanya na Bushali, Big Fizzo, Sat B, Lino G, Shemi, Babou n’aba DJs nka  DJ Diallo, RJ The DJ wavuye muri Tanzania na DJ Lamper.

Imvura nyinshi  yabanje kugwa i Bujumbura mu masaha ashyira umugoroba yabujije bamwe kugerera ku gihe aho igitaramo cyari bubere.

Ibi byatumye amasaha yo kugitangiza yigizwa imbere, bituma igihe cyari bumare kigabanuka.

Niyo mpamvu Lino G, Big Fizzo na Bushali batabashije kuririmba.

Ku rundi ruhande ariko, iki gitaramo cyagenze neza.

Kitabiriwe cyane kandi kiyoborwa neza na Amir Pro, umwe mu banyamakuru b’imyidagaduro bakomeye mu Burundi.

Ku ikubitiro DJ Clara wari wavuye i Kigali niwe wasusurukije abafana.

Iki gitaramo cyabereye mu kigo cya gisirikare ahitwa ‘Messe des officiers’.

Abateguye iki gitaramo babwiwe ko bagomba kuba bakirangije bitarenze saa tanu z’ijoro.

The Ben yaririmbye inyinshi mu ndirimbo ze ziganjemo izakunzwe.

Ubwo yari ageze ku ndirimbo yitwa “Ndaje”, yarize, yibutsa abafana ko icya mbere bakwiye guharanira ari ukwifuriza bagenzi babo ibyiza.

Ati: “Nuramuka wifurije mugenzi wawe ibyiza Imana izaguha umugisha […] mwakoze cyane kandi Abarundi ndabakunda cyane.”

Mu gitaramo cye, The Ben yari yaherekejwe n’umugore we Uwicyeza Pamela.

Aherutse kumuha impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover y’umweru.

TAGGED:AustinBujumburafeaturedImvuratelefoniThe BenUncle
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Imbuto Mbi Y’Imyumbati Igiye Kubashonjesha
Next Article Burera: Abantu Umunani Barembeye Mu Bitaro Kubera Ubushera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?