Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Trump Ati: ‘Ninginze Iran Kenshi Yanga Kumva’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Trump Ati: ‘Ninginze Iran Kenshi Yanga Kumva’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2025 1:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Trump avuga ko ntako atari yaragize Iran ngo yemere gusinya amasezerano ku ntwaro zo kirimbuzi irinangira.
SHARE

Perezida Donald Trump yanditse kuri Truth Social ko na mbere y’uko Israel yivugana abayobozi ba Iran igasenya n’uruganda rukora ibisasu bya kirimbuzi, yari yarabinginze ngo bemere gusinya ibikubiye mu masezerano bagiranaga ariko barinangira.

Abivuze nyuma y’igitero Israel yaraye igabye kuri Iran kikica abayobozi bakuru ba gisirikare kigasenya n’igice kinini cy’uruganda rwa Natanz ruri mu zikomeye zitunganya ubutare bwa Iranium bukorwamo ibisasu bya kirimbuzi.

Trump yanditse ko abantu bakomeye bitambikaga ibyo gusinya amasezerano hagati ya Washington na Teheran ku byerekeye ibisasu bya kurimbuzi bahitanywe na kiriya gitero.

Ati: “Abo bose nta n’umwe ukiriho”.

Yunzemo ati: “ Nahaye Iran amahirwe menshi ngo yemere gusinya amasezerano. Nababwiye mu magambo nkomeje ko bagomba kubikora ariko ntibanyumva”.

Trump avuga ko abayobozi bakuru ba Iran bivugiraga cyangwa bakitwara uko bashaka ariko ntibari bazi urubategereje.

Yaboneyeho kubwira Iran ko niba idashaka ibyago biruta ibyo yahuye nabyo ikwiye kureba uko yasinya ayo masezerano, ikabikora inzira zikigendwa.

Avuga kandi ko nihagira uzahirahira agatera Israael, Amerika izamwivuna, ko ibyo ntawe ukwiye kubishidikanyaho.

Israel ivuga ko ibitero yagabye kuri Iran bigize icyo yise Operation Rising Lion.

Mu kiganiro Trump yahaye Fox News yavuze ko Amerika izakorana na Israel ku buryo Iran itazigera ikora igisasu cya kirimbuzi.

Yavuze ko Iran nikomeza kwinangira hari abayobozi bayo benshi bazahagwa.

TAGGED:AmasezeranoAmerikafeaturedIbisasuIranKirimbuziTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intego Ni Uko 60% By’Abana Bigomba Kwiga Ay’Incuke-Min Nsengimana
Next Article Iran Yihimuye Kuri Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?