Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Trump Ati: ‘Ninginze Iran Kenshi Yanga Kumva’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Trump Ati: ‘Ninginze Iran Kenshi Yanga Kumva’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2025 1:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Trump avuga ko ntako atari yaragize Iran ngo yemere gusinya amasezerano ku ntwaro zo kirimbuzi irinangira.
SHARE

Perezida Donald Trump yanditse kuri Truth Social ko na mbere y’uko Israel yivugana abayobozi ba Iran igasenya n’uruganda rukora ibisasu bya kirimbuzi, yari yarabinginze ngo bemere gusinya ibikubiye mu masezerano bagiranaga ariko barinangira.

Abivuze nyuma y’igitero Israel yaraye igabye kuri Iran kikica abayobozi bakuru ba gisirikare kigasenya n’igice kinini cy’uruganda rwa Natanz ruri mu zikomeye zitunganya ubutare bwa Iranium bukorwamo ibisasu bya kirimbuzi.

Trump yanditse ko abantu bakomeye bitambikaga ibyo gusinya amasezerano hagati ya Washington na Teheran ku byerekeye ibisasu bya kurimbuzi bahitanywe na kiriya gitero.

Ati: “Abo bose nta n’umwe ukiriho”.

Yunzemo ati: “ Nahaye Iran amahirwe menshi ngo yemere gusinya amasezerano. Nababwiye mu magambo nkomeje ko bagomba kubikora ariko ntibanyumva”.

Trump avuga ko abayobozi bakuru ba Iran bivugiraga cyangwa bakitwara uko bashaka ariko ntibari bazi urubategereje.

Yaboneyeho kubwira Iran ko niba idashaka ibyago biruta ibyo yahuye nabyo ikwiye kureba uko yasinya ayo masezerano, ikabikora inzira zikigendwa.

Avuga kandi ko nihagira uzahirahira agatera Israael, Amerika izamwivuna, ko ibyo ntawe ukwiye kubishidikanyaho.

Israel ivuga ko ibitero yagabye kuri Iran bigize icyo yise Operation Rising Lion.

Mu kiganiro Trump yahaye Fox News yavuze ko Amerika izakorana na Israel ku buryo Iran itazigera ikora igisasu cya kirimbuzi.

Yavuze ko Iran nikomeza kwinangira hari abayobozi bayo benshi bazahagwa.

TAGGED:AmasezeranoAmerikafeaturedIbisasuIranKirimbuziTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intego Ni Uko 60% By’Abana Bigomba Kwiga Ay’Incuke-Min Nsengimana
Next Article Iran Yihimuye Kuri Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?