Trump Yahaye Iran Nyirantarengwa

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko Amerika izasenya burundu inganda z’amashanyarazi za Iran niba umuhora wa Hormuz udafunguwe mu gihe cy’amasaha 48.

Ni inzira ifite akamaro kanini mu gutwara peteroli ku isi.

Iran yo yatangaje ko izihimura ku bikorwa remezo byose by’ingufu bifitanye isano na Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati niba inganda zayo z’amashanyarazi zigabweho ibitero.

Ibi Trump yabivuze nyuma yo kuvuga ko Iran ishaka kugirana amasezerano na Amerika, ariko we akavuga ko atabishaka.

Mbere yaho, yari yavuze ko ari gutekereza kugabanya ibikorwa bya gisirikare Amerika irimo gukorera kuri Iran.

Abantu barenga 100 bakomerekeye mu bitero byagabwe mu Majyepfo ya Israel.

Ahari hagabwe igitero hakekwa ko ari hafi y’ikigo cya nikileyeri kiri ku bilometero 13 uvuye mu mujyi wa Dimona.

Hagati aho, Israel yatangaje ko yagabye ibitero byinshi ku murwa mukuru wa Iran, Tehran.

Ibi byakurikiye igitero cyagabwe ku kigo cya nikileyeri cya Natanz Nuclear Facility cya Iran.

Nanone, bivugwa ko Iran yagerageje kugaba igitero ku kigo cya gisirikare gihuriweho n’u Bwongereza na Amerika kiri kuri Diego Garcia mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bwongereza, Yvette Cooper, yavuze ko u Bwongereza butazinjira mu ntambara iri kwaguka muri iki gihe.

Abanyaburayi bavuga ko badashaka kwivanga mu ntambara itari iyabo.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *