Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Trump Yaraye Abijije Biden Icyokere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Trump Yaraye Abijije Biden Icyokere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2024 9:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganirompaka abakandida baharanira kuziyamamariza kuyobora Amerika baraye bagiriye kuri CNN, Donald Trump yagaragaye nk’urusha Biden ndetse bamwe bavuze ko Joe atitwaye neza muri rusange.

Ku rundi ruhande, abafasha Biden kwiyamamaza barimo na Visi Perezida we Kamala Harris bavuze ko nubwo yatangiranye imbaraga nke, ariko yaje kuzamura urwego rwe rwo kwisobanura.

Trump yabwiye Biden ko yatumye ubukungu bw’Amerika bugwa, undi nawe amushinja ko amaze iminsi mu bibazo n’ubutabera, ibyo bikaba ingingo abo bagabo bombi batinzeho mu kwisobanura ku bibazo babazwaga n’abanyamakuru babiri ba CNN.

Si ubwa mbere aba bagabo bahuriye mu kiganirompaka kugira ngo buri wese yerekane mu magambo kandi imbere y’imbaga y’Abanyamerika n’isi muri rusange uko ateganya kuzahangana n’ibibazo ubwo azaba yatowe.

Mu mwaka wa 2020 nabwo habaye ibiganiro nk’ibi ariko amatora yatangaje ko Trump yatsinzwe.

Ijwi rya Biden ryumvikanaga nk’irititira, biteza abantu ubwoba bw’uko atari bushobore gutambutsa neza ibitekerezo bye.

Ku rundi ruhande ariko, Abademukarate bavuga ko ibya Biden byaje kuba byiza uko iminota yakomezaga kwicuma.

Indi ngingo aba bagabo baganiriyeho ni ibyerekeye intambara ya  Israel, Biden ashinjwa na Trump ko yatumye Israel itarangiza Hamas vuba na bwangu.

Trump we avuga ko Biden ari we nyirabayazana w’uko intambara ya Israel na Hamas itararangira ko yimye Netanyahu imbunda yamwatse.

Biden asubiza avuga ko icyatumwe adaha Israel ziriya mbunda ari uko Netanyahu atitwara neza mu bitero ingabo ze zigaba muri Gaza.

TAGGED:BidenfeaturedIsraelNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bibuka Ko Kagame Yabakijije FLN Ya Rusesabagina
Next Article Bazanye Ikoranabuhanga Rifasha Abanyeshuri Kubona Ibikoresho By’Isuku
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?