Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Trump Yategetse Ubwato Bw’Intambara Kujya Mu Bice Bituriye Uburusiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yategetse Ubwato Bw’Intambara Kujya Mu Bice Bituriye Uburusiya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2025 8:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amagambo y’uwahoze ayobora Uburusiya Dmitry Medvedev y’uko ibyo Amerika iri gukora muri iyi minsi byavamo intambara yeruye, yatumye Trump ategeka ko ubwato bw’intambara bubiri bwoherezwa mu bice byatonyijwe neza bituriye Uburusiya.

Ni ubwato bw’intambara burasa za missiles bugendera munsi y’amazi bita submarines.

Trump yabwiye abanyamakuru ko amagambo ya Dmitry Medvedev arimo ubuhubutsi bwinshi kandi atadakwiye gusuzugurwa kuko yazavamo ikintu kibi, gusa akavuga ko yizeye ko bitazakomera ngo bigere ku ntambara yeruye.

Yirinze kuvuga ko ubwo bwato bwoherejweyo ku mpamvu za gisirikare.

Medvedev aherutse kuvuga ko niba Amerika ikomeje gufatira Uburusiya ibihano bya hato na hato kandi ikabikora kugira ngo bureke intambara na Ukraine, ibyo ikora bizavamo intambara ikomeye.

Amerika n’Uburusiya nibyo bihugu bitunze intwaro za kirimbuzi nyinshi kurusha ibindi ndetse bitunze n’ubwato bwa gisirikare bwo munsi y’inyanja bwinshi kurusha ahandi ku isi.

Perezida Trump kuri Truth Social yanditse ko kubera amagambo y’umwanduranyo ya Medvedev wabaye Perezida w’Uburusiya ubu akaba ari Perezida wungirije w’Inama nkuru y’umutekano y’Uburusiya, yategetse ubwato bw’intambara bubiri kujya mu bice bitoranyijwe neza.

Avuga ko amagambo y’uriya muyobozi akomeye bityo ko nka Perezida wa Amerika agomba kwitonda, ntabifatane uburemere buke.

Ati: “Nabikoze mu rwego rwo kurinda abaturage bacu. Uwahoze ayobora Uburusiya yavuze ibintu biteye impungenge bityo dukwiye kuba maso”.

Ntacyo ubutegetsi bw’Uburusiya bwari bwatangaza kubyo Trump yakoze gusa uyu amaze igihe aterana amagambo na Medvedev binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Hagati aho kandi icyemezo cya Trump gikurikiye ibyo yasabye Uburusiya ngo buhagarike intambara bwatangije muri Ukraine, ikintu Putin yarengeje amaso.

Mbere yari yahaye Vladmir Putin iminsi 50 ngo abikore natabikora ibikomoka kuri Petelori byo mu gihugu cye bikomanyirizwe.

Nyuma yarayigabanije ayigira hagati ya 10 na 12.

Medvedev yavuze ko ibyo Trump avuga byo gukangisha Uburusiya bidafashije.

Kuri X, uyu mugabo wigeze kuyobora Uburusiya hagati y’umwaka wa 2008 n’uwa 2012 yashinje Perezida wa Amerika ko ibyo akora biri gutuma intambara hagati ya Amerika n’Uburusiya irushaho gushobora.

Yavuze ko ibyo avuga ari amagambo gusa kandi ko ntacyo bibwiye Uburusiya.

Kuri uyu wa Kane, Trump we yavuze ko Medvedev ari umuntu washobewe, ukiyumvamo ko ari Perezida.

Yanamubwiye ko akwiye kurinda ururimi rwe, akirinda ko amagambo ye arenga imbibi.

TAGGED:AmerikafeaturedIgihuguIntambaraMedvedevTrumpUbwato
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Habimana Asaba Abaturage Kuzirikana Akamaro K’Umuganura
Next Article Mitali Wayoboye Siporo Mu Rwanda Yazize Uburwayi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?