Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Trump Yategetse Ubwato Bw’Intambara Kujya Mu Bice Bituriye Uburusiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yategetse Ubwato Bw’Intambara Kujya Mu Bice Bituriye Uburusiya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2025 8:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amagambo y’uwahoze ayobora Uburusiya Dmitry Medvedev y’uko ibyo Amerika iri gukora muri iyi minsi byavamo intambara yeruye, yatumye Trump ategeka ko ubwato bw’intambara bubiri bwoherezwa mu bice byatonyijwe neza bituriye Uburusiya.

Ni ubwato bw’intambara burasa za missiles bugendera munsi y’amazi bita submarines.

Trump yabwiye abanyamakuru ko amagambo ya Dmitry Medvedev arimo ubuhubutsi bwinshi kandi atadakwiye gusuzugurwa kuko yazavamo ikintu kibi, gusa akavuga ko yizeye ko bitazakomera ngo bigere ku ntambara yeruye.

Yirinze kuvuga ko ubwo bwato bwoherejweyo ku mpamvu za gisirikare.

Medvedev aherutse kuvuga ko niba Amerika ikomeje gufatira Uburusiya ibihano bya hato na hato kandi ikabikora kugira ngo bureke intambara na Ukraine, ibyo ikora bizavamo intambara ikomeye.

Amerika n’Uburusiya nibyo bihugu bitunze intwaro za kirimbuzi nyinshi kurusha ibindi ndetse bitunze n’ubwato bwa gisirikare bwo munsi y’inyanja bwinshi kurusha ahandi ku isi.

Perezida Trump kuri Truth Social yanditse ko kubera amagambo y’umwanduranyo ya Medvedev wabaye Perezida w’Uburusiya ubu akaba ari Perezida wungirije w’Inama nkuru y’umutekano y’Uburusiya, yategetse ubwato bw’intambara bubiri kujya mu bice bitoranyijwe neza.

Avuga ko amagambo y’uriya muyobozi akomeye bityo ko nka Perezida wa Amerika agomba kwitonda, ntabifatane uburemere buke.

Ati: “Nabikoze mu rwego rwo kurinda abaturage bacu. Uwahoze ayobora Uburusiya yavuze ibintu biteye impungenge bityo dukwiye kuba maso”.

Ntacyo ubutegetsi bw’Uburusiya bwari bwatangaza kubyo Trump yakoze gusa uyu amaze igihe aterana amagambo na Medvedev binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Hagati aho kandi icyemezo cya Trump gikurikiye ibyo yasabye Uburusiya ngo buhagarike intambara bwatangije muri Ukraine, ikintu Putin yarengeje amaso.

Mbere yari yahaye Vladmir Putin iminsi 50 ngo abikore natabikora ibikomoka kuri Petelori byo mu gihugu cye bikomanyirizwe.

Nyuma yarayigabanije ayigira hagati ya 10 na 12.

Medvedev yavuze ko ibyo Trump avuga byo gukangisha Uburusiya bidafashije.

Kuri X, uyu mugabo wigeze kuyobora Uburusiya hagati y’umwaka wa 2008 n’uwa 2012 yashinje Perezida wa Amerika ko ibyo akora biri gutuma intambara hagati ya Amerika n’Uburusiya irushaho gushobora.

Yavuze ko ibyo avuga ari amagambo gusa kandi ko ntacyo bibwiye Uburusiya.

Kuri uyu wa Kane, Trump we yavuze ko Medvedev ari umuntu washobewe, ukiyumvamo ko ari Perezida.

Yanamubwiye ko akwiye kurinda ururimi rwe, akirinda ko amagambo ye arenga imbibi.

TAGGED:AmerikafeaturedIgihuguIntambaraMedvedevTrumpUbwato
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Habimana Asaba Abaturage Kuzirikana Akamaro K’Umuganura
Next Article Mitali Wayoboye Siporo Mu Rwanda Yazize Uburwayi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?