Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Trump Yiyemeje Ko Icyo Kwirukana Abimukira Cyihutirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Trump Yiyemeje Ko Icyo Kwirukana Abimukira Cyihutirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2025 9:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kurahira kwe Perezida w’Amerika Donald Trump, yiyemeje ko kwirukana abimukira bari muri Amerika badafite ibyangombwa byo kuhaba biri mu byihutirwa.

Trump yarahiriye mu nzu kubera ubukonje bwinshi, arahira afashe kuri Bibiliya, imbere y’abanyacyubahiro batandukanye barimo abigeze kuyobora Amerika bakiriho, abayobozi b’amadini, ibyamamare bitandukanye, abo mu muryango we n’abandi.

Mu ijambo ryo kurahira yavuze ko agiye kongera ingufu mu kubyaza umusaruro ibikomoka kuri petelori no gushyigikira indi mishinga ituma Amerika yongera gusubirana umwanya wayo wo kuba igihugu cya mbere gikize kandi gikomeye ku isi.

Trump ati: “ Tuzongera tube igihugu gikize, kandi zahabu dufite munsi y’ibirenge byacu ni yo izabidufashamo. Tugiye gucukura, dukomeze ducukure nta guhagarara”.

Yizeje abantu ko azahita atangira guca imisoro ibihugu by’amahanga hagamijwe kugira ngo abaturage ba Amerika bakire koko.

Uyobora Amerika yavuze ko mu buryo bwihutirwa azavugurura ‘système’ y’ubucuruzi mu rwego rwo kurinda imiryango n’abakozi b’Abanyamerika.

Yemeza ko azashyiraho imisoro n’amahoro kuri za gasutamo ku bihugu by’amahanga agamije kuzamura ubukire bw’Abanyamerika.

Perezida Trump kandi yavuze ko hagiye kuvugururwa amategeko n’urwego rw’ubutabera mu mijyi y’Amerika ndetse no bice by’icyaro.

Yavuze ko agiye kwirukana abimukira bose bari muri Amerika ariko badafite ibyangombwa bibemerera kuhaba kandi ngo babarirwa mu mamiliyoni n’amamiliyoni, akavuga ko binjiye muri Amerika ari benshi.

Perezida Donald Trump yagarutse ku biherutse kumubaho ubwo yaraswaga, agakomereka ku gutwi, avuga ko Imana yamutabaye kubera impamvu.

Ati: “Ubuzima bwanjye bwatabawe kubera impamvu. Natabawe n’Imana yacu ishaka ko Leta zunze ubumwe z’Amerika zongera kubona gukomera zahoranye”.

Perezida Donald Trump yijeje ko ibihe byiza bishya bya Amerika bitangiye kandi ko intego ye ari ukongera kugarurira abaturage ba Amerika icyizere, ubukire n’ibindi.

Kuri we gusubira inyuma kwa Amerika, kwararangiye, akemeza ko Amerika igiye gutanga icyizere, ubukire, demokarasi n’ubwisanzure ku baturage bayo n’ahandi ku isi.

Icyakora Trump afite amadosiye aremereye amutegereje ku meza.

TAGGED:AbimukiraAmerikafeaturedTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuzima Bw’Umugore Wa Theo Bosebabireba Bugeze Aharindimuka
Next Article Meya Wa Ruhango Aravugwaho Gutuka Abo Bakorana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?