Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Ati: ‘Gushaka Amahoro Birimo Ubwenge Kurusha Intambara’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Ati: ‘Gushaka Amahoro Birimo Ubwenge Kurusha Intambara’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2024 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Felix Tshisekedi yabwiye itangazamakuru ry’igihugu cye ko muri iki gihe asanga ibyiza ari ibiganiro biganisha ku mahoro kurusha intambara yari yaravuze ko azashoza ku Rwanda natsinda amatora.

Avuga ko nk’umuntu ukurikiranira hafi ibibera mu gihugu cye, akareba n’aho bigana asanga muri iki gihe ibyiza ari ugushyira imbere ibiganiro kurusha intambara.

Abasomyi ba Taarifa baribuka ko ubwo yarangizaga ibyo kwiyamamaza, Perezida Felix Tshisekedi yabwiye abaturage ko nibamutora azasaba Inteko ishinga amategeko imitwe yombi guterana akayisaba ko imwemerera gutera u Rwanda.

Ni imvugo yasubiyemo ubwo yari mu kiganiro n’imwe muri radio zikomeye mu gihugu cye.

Yabivuze hashize igihe gito igihugu cye kiguze indege za Drones zo mu bwoko bwa CH4 zishobora kurasa no mu Rwanda.

Hari n’abacanshuro yakuye muri Roumania ngo baze batoze ingabo ze ariko bamwe bajyaga no ku rugamba kuko hari abo M23 yahatsinze.

Ibintu byaje gufata intera aho mugenzi we w’Uburundi Evariste Ndayishimiye asuriye DRC nawe akabwira intiti z’aho ko yifuza gufasha urubyiruko rwo mu Rwanda rugakuraho ubuyobozi bwarwo.

Ibi byatumye umwuka mubi ukomeza kuzamuka hagati ya Kigali, Gitega na Kinshasa kuko u Rwanda rwahise rufata ingamba zikomeye zo kwirindira umutekano.

Itangazo ry’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma yarwo riherutse kwerurira amahanga ko u Rwanda rwateguye ibyuma bihanura indege ndetse ko n’indege z’intambara za drones zo kwitabara zateguwe.

Rweruye ruvuga ko rutazemera ko hari ibisasu byongera kurenga imipaka ya DRC bikagwa mu Rwanda.

Icyakora ruvuga ko ibiganiro by’amahoro ari byo muzi wo guhagarika intambara.

Kuba Tshisekedi ahinduye imvugo hari bamwe babikekaga, bakavuga ko ibyo gutera u Rwanda yari imvugo ya Politiki yo kugira ngo abaturage bamutorere indi manda ya kabiri.

Kugeza ubu ntacyo Guverinoma y’u Rwanda iratangaza kuri iyi mvugo ye ‘nshya’ ariko Perezida Kagame yigeze kuvuga ko u Rwanda rwafatanye uburemere ibyo yavuze byo kurutera kuzageza igihe ruzabona ko mu by’ukuri ‘atari akomeje.’

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwafatanye uburemere amagambo y’abavuga ko bashaka kurutera
TAGGED:DRCfeaturedIntambaraIntekoRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inteko Yemeje Amasezerano Y’Ubufatanye Bw’u Rwanda N’Ubwongereza Ku By’Abimukira
Next Article Ubuzima, Uburezi…Inkingi Ubufaransa Buzakoranamo N’u Rwanda Mu Myaka Ine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?