Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tumaze Imyaka 28 Nta Mbasa Irangwa Mu Rwanda – Minisitiri Ngamije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tumaze Imyaka 28 Nta Mbasa Irangwa Mu Rwanda – Minisitiri Ngamije

admin
Last updated: 24 October 2021 11:49 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yavuze ko mu Rwanda hashize imyaka 28 nta murwayi w’imbasa uhagaragara, ariko ingamba zo kuyirinda zigomba gukomeza kuko mu bihugu by’akarere ihari.

Kuri iki Cyumweru tariki 24 Ukwakira u Rwanda rwifatanyije n’Isi mu kwizihiza Umunsi mpuzamahanga wo kurwanya imbasa.

Ni indwara yibasira cyane cyane abana batarageza ku myaka 15, kuko aribo baba bataramenya neza kandi ngo bazirikane igihe cyose kwita ku isuku.

Ikimenyetso cy’ibanze ku muntu wanduye Imbasa ni ubumuga bushya bufata amaboko cyangwa amaguru, bukagaragara mu gihe kitarenze iminsi 14.

Dr Ngamije yavuze ko kuva mu mwaka wa 1993 nta murwayi w’imbasa urongera kugaragara mu Rwanda, ashima ko ubwitabire mu gukingira abana buri hejuru ya 90 ku ijana mu gihugu hose.

Yakomeje ati “Nubwo tumaze imyaka 28 nta mbasa irangwa mu Rwanda, duturanye n’ibihugu bikigaragaramo ubwoko bumwe na bumwe bw’imbasa. Ari nayo mpamvu abaturarwanda twese dusabwa gukomeza gukingiza abana inkingo zose uko zateganyijwe, cyane ko ari ubuntu, kandi n’ugaragayeho ibimenyetso by’imbasa akihutira kujya kwa muganga.”

Indwara y’imbasa irandura cyane, ariko imaze gukendera mu bihugu byinshi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) rivuga ko abarwayi bayo bagabanyutse cyane kuri 99% guhera mi 1988, aho bavuye ku 350 000 mu bihugu bigera ku 125 bakagera ku barwayi 175 batangajwe mu 2019.

Umunsi mpuzamahanga wo kurwanya imbasa washyizweho n’umuryango Rotary International mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’umushakashatsi Jonas Salk, wayoboye itsinda ryavumbuye urukingo rw’imbasa mu 1960.

Watagiye kwizihizwa ku isi mu 2012. Mu Rwanda wizihijwe ku nshuro ya gatandatu.

 

 

TAGGED:Daniel NgamijefeaturedImbasa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igisasu Cyaturikanye Abantu Benshi i Kampala
Next Article Amaso Yerekejwe Kuri Zimbabwe Mu Gushakisha Protais Mpiranya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?