Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tumaze Imyaka 28 Nta Mbasa Irangwa Mu Rwanda – Minisitiri Ngamije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tumaze Imyaka 28 Nta Mbasa Irangwa Mu Rwanda – Minisitiri Ngamije

admin
Last updated: 24 October 2021 11:49 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yavuze ko mu Rwanda hashize imyaka 28 nta murwayi w’imbasa uhagaragara, ariko ingamba zo kuyirinda zigomba gukomeza kuko mu bihugu by’akarere ihari.

Kuri iki Cyumweru tariki 24 Ukwakira u Rwanda rwifatanyije n’Isi mu kwizihiza Umunsi mpuzamahanga wo kurwanya imbasa.

Ni indwara yibasira cyane cyane abana batarageza ku myaka 15, kuko aribo baba bataramenya neza kandi ngo bazirikane igihe cyose kwita ku isuku.

Ikimenyetso cy’ibanze ku muntu wanduye Imbasa ni ubumuga bushya bufata amaboko cyangwa amaguru, bukagaragara mu gihe kitarenze iminsi 14.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Dr Ngamije yavuze ko kuva mu mwaka wa 1993 nta murwayi w’imbasa urongera kugaragara mu Rwanda, ashima ko ubwitabire mu gukingira abana buri hejuru ya 90 ku ijana mu gihugu hose.

Yakomeje ati “Nubwo tumaze imyaka 28 nta mbasa irangwa mu Rwanda, duturanye n’ibihugu bikigaragaramo ubwoko bumwe na bumwe bw’imbasa. Ari nayo mpamvu abaturarwanda twese dusabwa gukomeza gukingiza abana inkingo zose uko zateganyijwe, cyane ko ari ubuntu, kandi n’ugaragayeho ibimenyetso by’imbasa akihutira kujya kwa muganga.”

Indwara y’imbasa irandura cyane, ariko imaze gukendera mu bihugu byinshi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) rivuga ko abarwayi bayo bagabanyutse cyane kuri 99% guhera mi 1988, aho bavuye ku 350 000 mu bihugu bigera ku 125 bakagera ku barwayi 175 batangajwe mu 2019.

Umunsi mpuzamahanga wo kurwanya imbasa washyizweho n’umuryango Rotary International mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’umushakashatsi Jonas Salk, wayoboye itsinda ryavumbuye urukingo rw’imbasa mu 1960.

- Advertisement -

Watagiye kwizihizwa ku isi mu 2012. Mu Rwanda wizihijwe ku nshuro ya gatandatu.

 

 

TAGGED:Daniel NgamijefeaturedImbasa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igisasu Cyaturikanye Abantu Benshi i Kampala
Next Article Amaso Yerekejwe Kuri Zimbabwe Mu Gushakisha Protais Mpiranya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?