Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: “Tunywe Less” Siyo Nama Yonyine Minisanté Iha Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

“Tunywe Less” Siyo Nama Yonyine Minisanté Iha Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2024 10:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana asaba Abanyarwanda kugira ibyo bagabanya mu biribwa,  ibinyobwa ndetse no mu myitwarire kugira ngo barusheho kugira ubuzima bwiza.

Guverinoma y’u Rwanda yari isanganywe gahunda ya Tunywe Less, ishishikariza abaturage kunywa inzoga nke.

Ni ikibazo Minisanté ivuga ko gukomereye Abanyarwanda kubera ko inzoga zangiza impyiko, umwijima, umutima n’ubwonko kandi izi ni inyama z’ingenzi mu zituma abantu bagira ubuzima bwiza.

Kuri X, Minisitiri Sabin Nsanzimana avuga ko abantu bagombye kugabanya inzoga bakongera amazi , bakanywa soda nke ahubwo bakanywa icyayi kurushaho.

Nsanzimana kandi asaba abaturage kugabanya isukari banywa ahubwo bakarya imbuto nyinshi.

Hari n’inama y’uko abantu bagabanya ubwinshi bw’inyama barya ahubwo bakarya imboga.

Abakora akazi ko mu Biro basabwa kandi kugabanya umwanya bamara bicaye ahubwo bakagendagenda aho bakorera cyangwa bakajya bataha cyangwa bajya ku kazi n’amaguru cyangwa bagakoresheje igare.

Indi nama Minisitiri w’ubuzima atanga ni uko abantu bagombye kugabanya umwanya bamara bareba televiziyo ahubwo bakaganira n’abagize umuryango wabo kuko birushaho guhuza abantu no kubabanisha.

Abanyarwanda kandi bagirwa inama yo kumara igihe kirekire baruhuka, ariko bakaza no kugira igihe cyo gukora ngo biteze imbere.

Mu rwego rwo kugira ubuzima bwiza kandi abaturage bagirwa inama yo kugira igihe cyo gutera igiparu, bagaseka.

Ni byo byiza kurusha guhorana umunkanyari ku maso no guhekenya amenyo.

Sabin Nsanzimana kandi agira abantu inama yo kugira umwanya wo gusoma ibitabo, bakagira intego nziza kandi bagaharanira kuzigeraho.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedInkingoNsanzimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Haratahwa Umuyoboro Munini W’Amazi
Next Article Uhagarariye u Rwanda Muri Hungary Yatanze Impapuro Zibimwemerera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?