Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: “Tunywe Less” Siyo Nama Yonyine Minisanté Iha Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

“Tunywe Less” Siyo Nama Yonyine Minisanté Iha Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2024 10:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana asaba Abanyarwanda kugira ibyo bagabanya mu biribwa,  ibinyobwa ndetse no mu myitwarire kugira ngo barusheho kugira ubuzima bwiza.

Guverinoma y’u Rwanda yari isanganywe gahunda ya Tunywe Less, ishishikariza abaturage kunywa inzoga nke.

Ni ikibazo Minisanté ivuga ko gukomereye Abanyarwanda kubera ko inzoga zangiza impyiko, umwijima, umutima n’ubwonko kandi izi ni inyama z’ingenzi mu zituma abantu bagira ubuzima bwiza.

Kuri X, Minisitiri Sabin Nsanzimana avuga ko abantu bagombye kugabanya inzoga bakongera amazi , bakanywa soda nke ahubwo bakanywa icyayi kurushaho.

Nsanzimana kandi asaba abaturage kugabanya isukari banywa ahubwo bakarya imbuto nyinshi.

Hari n’inama y’uko abantu bagabanya ubwinshi bw’inyama barya ahubwo bakarya imboga.

Abakora akazi ko mu Biro basabwa kandi kugabanya umwanya bamara bicaye ahubwo bakagendagenda aho bakorera cyangwa bakajya bataha cyangwa bajya ku kazi n’amaguru cyangwa bagakoresheje igare.

Indi nama Minisitiri w’ubuzima atanga ni uko abantu bagombye kugabanya umwanya bamara bareba televiziyo ahubwo bakaganira n’abagize umuryango wabo kuko birushaho guhuza abantu no kubabanisha.

Abanyarwanda kandi bagirwa inama yo kumara igihe kirekire baruhuka, ariko bakaza no kugira igihe cyo gukora ngo biteze imbere.

Mu rwego rwo kugira ubuzima bwiza kandi abaturage bagirwa inama yo kugira igihe cyo gutera igiparu, bagaseka.

Ni byo byiza kurusha guhorana umunkanyari ku maso no guhekenya amenyo.

Sabin Nsanzimana kandi agira abantu inama yo kugira umwanya wo gusoma ibitabo, bakagira intego nziza kandi bagaharanira kuzigeraho.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedInkingoNsanzimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Haratahwa Umuyoboro Munini W’Amazi
Next Article Uhagarariye u Rwanda Muri Hungary Yatanze Impapuro Zibimwemerera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?