Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Turikiya Yabwiye Abatalibani ‘Kurya Umwungu Bagasiba Ibamba’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Turikiya Yabwiye Abatalibani ‘Kurya Umwungu Bagasiba Ibamba’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2021 3:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Turikiya Tayyip Erdogan yabwiye abanyamakuru ko Abatalibani bagombye guhagarika intambara bari kugaba ku butegetsi bw’i Kabul kuko Turikiya izabivuna nibaramuka begereye ikibuga cy’indege yashinzwe kurinda.

Hari mu kiganiro gito yahaye abanyamakuru mbere y’uko yurira indege agana mu gihugu Cyprus.

Ingabo za Turikiya nizo zirinze ikibuga cy’indege cy’i Kabul. Ibikora kubera amasezerano yagiranye n’ibihugu bya OTAN/NATO.

Hari amakuru avuga ko ubutegetsi  bw’i Kabul buri mu biganiro n’ubw’i Washington kugira ngo ibihugu byombi( Turikiya na Leta zunze ubumwe z’Amerika) bikorane kugira ngo bizakome mu nkokora Abatalibani bari kurya isataburenge ingabo za Afghanistan.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Erdogan yavuze ko ubusanzwe bitari muri kamere ya Kisilamu gukemuza ibibazo intambara cyane cyane kuri benewabo basangiye imyizerere.

Ati: “Ntabwo bikwiye ko Abatalibani bagombye kuba bari kurasa kuri bagenzi babo bahuje imyizerere. Nibarekere aho ariko nanone nibarengera bagashaka kuza mu birindiro byacu tuzabivuna.”

Ku rundi ruhande, Abatalibani baherutse kuvuga ko umukino Turikiya iri gukina udakwiye, ko yagombye kwirinda ibyo iri gushaka gukururira Afghanistan n’abasirikare bayo(Turikiya).

Ese Ingabo za Turikiya zishobora guhashya Abatalibani?

Igisirikare cya Turikiya gifite ingabo zikomeye k’uburyo hari abavuga ko ari igisirikare cya gatandatu gikomeye ku isi nyuma y’u Bufaransa.

- Advertisement -
Ingabo za Turikiya ziri mu zikomeye kurusha izindi ku isi.

N’ubwo ari igihugu gifite ingabo zikomeye ariko biragoye ko zakwisukira ngo zitwimbure abarwanyi b’Abatalibani b’abihanduzacumu.

Intambara Abatalibani bamaze imyaka irenga 20 barwana yatumye baba abarwanyi b’intarumikwa k’uburyo kubatsimbura atari ibintu bapfa kwemera.

Ikindi ni uko kumenya neza imisozi y’igihugu cyabo no kuba bazi kwihanganira ubushyuhe bwayo bibaha ubushobozi bwo kuyirwaniramo kurusha izindi ngabo izo ari zo zose harimo n’iza Amerika.

TAGGED:AbatalibaniAfghanistanErdoganfeaturedPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Barasabwa Gukorera Mu Rugo Ariko ‘Murandasi Ntihagije’
Next Article Umuyobozi Ushinzwe Imyubakire Mu Mujyi wa Kigali Akurikiranyweho Kwigwizaho Umutungo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?