Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Tuzacunaguzwa N’Abaducumbagiza Kugeza Ryari?’ Perezida Kagame Abaza Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Tuzacunaguzwa N’Abaducumbagiza Kugeza Ryari?’ Perezida Kagame Abaza Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 February 2023 11:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko bagomba gukora ibiramba kandi bikozwe neza. Ngo abantu bagomba gukora neza, bagakora ibiramba kandi bakabikurikirana kugira ngo u Rwanda batazahora basindagizwa.

Avuga ko guhora ufite umuntu ugufashe akaboko ngo udatsikira ndetse bikagera n’aho umuntu akugaburira bidakwiye.

Ati: “ Dusunikwa kubera iki, ugusunika we yabikuye he wowe utabikura? Umuntu akagusindagiza nk’impumyi…”

Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda bafite uburyo bakwivana mu bukene, bagakora bagamije kuzamura umusaruro ugera no ku bandi.

Avuga ko abayobozi bakora bagamije gukora kugira ngo umusaruro ugere no ku bandi.

Yasabye ko Abanyarwanda bava ku byo kumva ko bazahora basindagizwa ‘bitari bizima.’

Perezida Kagame avuga ko ikibazo cyo gusindagizwa ariko ugusindagiza anagucunaguza.

Mu kugucunaguza, banakwibutsa ko costume wambaye ari bo bayikuguriye.

Banakwibutsa kandi ko ugomba kugira umuco wabo, ukifata nk’uko nabo  bifata.

Perezida Kagame yasabye abayobozi muri rusange n’Abanyarwanda muri rusange kudatega  amatwi ibyo abo bantu bavuga.

Ati: “ Ikintu cyabakiza ibyo ni ugukora, ukamenya ko uri umuntu, ko n’abo bagucunaguza nabo ari abantu nkawe, nk’abandi.”

Yibukije abari aho n’Imana irema abantu itegeze abashyira mu byiciro by’Ubudehe, ngo yumve ko bamwe babaho nabi abandi babaho neza.

Kagame yavuze ko Abanyarwanda n’abanya Afurika badakwiye kumva ko Imana yabacishije bugufi, ngo si uko ibintu bimeze.

Ngo ntabwo Imana yahaye Abanyarwanda n’abanya Afurika guhora bacumbagizwa no gucunaguzwa.

Perezida w’u Rwanda kandi yanenze abayobozi baterera iyo ntibakurikirane imishinga y’igihugu.

Ngo hari abibaza asanga nta kanunu kabyo bazi.

Avuga ko hari abayobozi bikemurira ibibazo byabo ariko iby’abaturage bakibagirana.

TAGGED:AbayoboziAfurikafeaturedKagamePerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sudani: Abarusiya Baravugwaho Ubucuruzi Butemewe Bwa Zahabu
Next Article Nyagatare: Akarere Karashinja RSSB Kutishyura Ba Rwiyemezamirimo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?