Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Tuzacunaguzwa N’Abaducumbagiza Kugeza Ryari?’ Perezida Kagame Abaza Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Tuzacunaguzwa N’Abaducumbagiza Kugeza Ryari?’ Perezida Kagame Abaza Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 February 2023 11:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko bagomba gukora ibiramba kandi bikozwe neza. Ngo abantu bagomba gukora neza, bagakora ibiramba kandi bakabikurikirana kugira ngo u Rwanda batazahora basindagizwa.

Avuga ko guhora ufite umuntu ugufashe akaboko ngo udatsikira ndetse bikagera n’aho umuntu akugaburira bidakwiye.

Ati: “ Dusunikwa kubera iki, ugusunika we yabikuye he wowe utabikura? Umuntu akagusindagiza nk’impumyi…”

Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda bafite uburyo bakwivana mu bukene, bagakora bagamije kuzamura umusaruro ugera no ku bandi.

Avuga ko abayobozi bakora bagamije gukora kugira ngo umusaruro ugere no ku bandi.

Yasabye ko Abanyarwanda bava ku byo kumva ko bazahora basindagizwa ‘bitari bizima.’

Perezida Kagame avuga ko ikibazo cyo gusindagizwa ariko ugusindagiza anagucunaguza.

Mu kugucunaguza, banakwibutsa ko costume wambaye ari bo bayikuguriye.

Banakwibutsa kandi ko ugomba kugira umuco wabo, ukifata nk’uko nabo  bifata.

Perezida Kagame yasabye abayobozi muri rusange n’Abanyarwanda muri rusange kudatega  amatwi ibyo abo bantu bavuga.

Ati: “ Ikintu cyabakiza ibyo ni ugukora, ukamenya ko uri umuntu, ko n’abo bagucunaguza nabo ari abantu nkawe, nk’abandi.”

Yibukije abari aho n’Imana irema abantu itegeze abashyira mu byiciro by’Ubudehe, ngo yumve ko bamwe babaho nabi abandi babaho neza.

Kagame yavuze ko Abanyarwanda n’abanya Afurika badakwiye kumva ko Imana yabacishije bugufi, ngo si uko ibintu bimeze.

Ngo ntabwo Imana yahaye Abanyarwanda n’abanya Afurika guhora bacumbagizwa no gucunaguzwa.

Perezida w’u Rwanda kandi yanenze abayobozi baterera iyo ntibakurikirane imishinga y’igihugu.

Ngo hari abibaza asanga nta kanunu kabyo bazi.

Avuga ko hari abayobozi bikemurira ibibazo byabo ariko iby’abaturage bakibagirana.

TAGGED:AbayoboziAfurikafeaturedKagamePerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sudani: Abarusiya Baravugwaho Ubucuruzi Butemewe Bwa Zahabu
Next Article Nyagatare: Akarere Karashinja RSSB Kutishyura Ba Rwiyemezamirimo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?