Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tuzaruhuka Dufashe Kinshasa-Umuyobozi Wa M 23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tuzaruhuka Dufashe Kinshasa-Umuyobozi Wa M 23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2025 9:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Rebel leader of rebel group of Alliance Fleuve Congo (AFC) including M23, Corneille Nangaa, addresses a news conference in Goma, Democratic republic of the Congo, Thursday, Jan. 30, 2025. (AP Photo/Brian Inganga)
SHARE

Corneille Nangaa uyobora M23 mu rwego rwa politiki yatangarije mu kiganiro n’abanyamakuru ko intego bafite ari iyo gukomeza urugamba kugeza bafashe na Kinshasa.

Nangaa yabibwiye abanyamakuru barimo n’abaturutse mu Rwanda bari i Goma baje kumva icyo M23 izakora nyuma yo gufata uyu mujyi.

Yagize ati: “ Ubu turi muri Goma kugira ngo tuhagume kandi urugendo rwo kubohora igihugu cyacu ruzakomeza kugera dufashe umurwa mukuru Kinshasa”.

Intego yabo ngo ni iyo gutuma igihugu gitekana, kigatera imbere.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko icyo bagamije ari gushyiraho Leta ya DRC ibereye buri wese, idaheza kandi iteye imbere.

Yavuze ko bose ari Abakongomani bashaka ko igihugu cyabo kibaho neza kandi buri wese ameze neza.

Avuga ko ubwo bafataga Goma basanze isa niyarangiye; abantu barakutse umutima kubera ababibaga, babahohoteraga kubera ubuyobozi bubi.

Yashinje ubutegetsi bwa  Kinshasa kwica uwahoze ari Guverineri wa Kivu ya Ruguru Peter Cirimwami, bakuraho amazi, amashanyarazi na murandasi.

Avuga ko ibyo ari ikintu cyerekana ko ubutegetsi bwa Kinshasa ari bubi.

- Advertisement -

Corneille Nangaa avuga ko bashyizeho itsinda rigomba gusubizaho imibereho myiza y’abaturage, bakongera kugira umujyi mwiza utuma abantu bongera kugira ubuzima bwiza.

Mu masaha 48 ari imbere ngo baratangiza ibikorwa cyo gutunganya Goma, birimo gusubiza abana ku ishuri haba mu mashuri abanza no mu yisumbuye.

Ati: “Mu masaha make ari imbere ibintu birasubira mu buryo. Muri icyo gihe kandi turaba twasubije ho amashanyarazi”.

Nangaa avuga ko kubera ko Goma ikura amashanyarazi n’ibindi bice birimo na Bukavu, bari gukora uko bashoboye ngo ibintu bisubire mu buryo.

TAGGED:AbanyamakurufeaturedIkiganiroIntambaraKinshasaM23Nangaa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sudani Y’Epfo: Impanuka Y’Indege Yahitanye Abantu 20 Bacukura Petelori
Next Article Gen Gumisiriza Yasabye Abagiye Cabo Delgado Kuzakomeza Gukorana Neza N’Abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?