Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Twabwiye Abarokotse Jenoside Ko Nabo Hari Icyo Bagombaga Gutanga- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Twabwiye Abarokotse Jenoside Ko Nabo Hari Icyo Bagombaga Gutanga- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 April 2024 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yasubizaga ku cyakozwe ngo abarokotse batange imbabazi ku babakoreye Jenoside, Perezida Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside abarokotse Jenoside bari bakeneye ubutabera ariko ko nabo hari icyo basabwe kugira ngo u Rwanda rwongere rube igihugu cy’Abanyarwanda BOSE.

Ni mu kiganiro yahaye radio zigenga ari zo Radio 10 na Royal FM ku byakozwe mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.

Kagame yavuze ko abakoze Jenoside babihaniwe ariko banabwira ko batazongera kubitekereza na rimwe kandi ko n’uwabikinisha yazabihanirwa.

Perezida Kagame avuga ko byatewe kandi no gutekereza, abantu bakareba aho ibifitiye igihugu akamaro biri n’icyakorwa.

Ati: “ Abo Jenoside yahitanye yarabahitanye ariko uwayikoze sinzi icyo yavanyemo.”

Avuga ko abarokotse Jenoside basabaga ubutabera ariko n’abo hari icyo basabwaga.

Avuga ko Leta yasabye abarokotse Jenoside kongera kubaka ubuzima bwanyu n’ubw’abandi barokotse kandi ngo ibyo niko byagombaga kugendana no kubabarira abakoze Jenoside.

Ibyo kandi byarashobotse nk’uko bigaragara.

Ati: “ Twabwiye abarokotse ko akababaro kabo kumvikana kandi ko kugira ngo igihugu cyubakwe byasabaga ko batanga imbababazi kugira ngo hubakwe ubutabera burenze ubusanzwe”.

Ikindi kandi ngo Abanyarwanda bose bakwiye gusubiza amaso inyuma bakamenya aho bava, aho bari n’aho bagomba kujya.

Abana bari ho ubu ngo bagomba kugira icyo biga bakuye ku bakuru.

Asaba Abanyarwanda kumenya icyo bashaka kubacyo.

Avuga ko uko yabibonye, yasanze Abanyarwanda bakunda igihugu cyabo kandi bagaharanira ko u Rwanda ruba igihugu kibereye buri Munyarwanda wese.

Ku byerekeye ingengabitekerezo ya Jenoside ivugwa mu Karere u Rwanda ruherereyemo Perezida Kagame avuga ko ibi atari ibintu bije vuba aha ahubwo ko byatangiye mu mwaka wa 1960 ubwo Abatutsi babaga mu Rwanda bameneshwaga n’ubutegetsi bwari ho, bubaziza abo bari bo.

Nyuma ndetse ngo guhera muri iyo myaka kugeza mu myaka ya 1990 hari irindi vangura bakorerwaga mu Rwanda ndetse hari n’abishwe mu bice bitandukanye by’u Rwanda.

Ikindi kandi ni uko guhera mu mwaka wa 1994 kugeza mu mwaka wa 2024, ni ukuvuga indi myaka 30 ubu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo naho hari ivangura n’ubwicanyi bikorerwa abo mu

Ati: “ …Ubu turibuka ariko hari ibintu mu Karere nabyo bisa na biriya, ubu abantu bicwa mu Burasirazuba bwa DRC, abantu barenga 100,000 bicwa kandi batotezwa kandi  bikavugwa bitwa ko bikorwa Abatutsi. Abo babica kandi bagafatanya n’Interahamwe. Ibyo nabyo ni ibintu bije nyuma y’indi myaka 30 nk’uko twahoze tubibona”.

Avuga ko ibyirondakoko biba n’ahandi ku isi kandi ibyo ngo ni ibitekerezo bitajyanye n’igihe by’abantu batajyana n’igihe isi irimo, ibyo yise primitivity.

TAGGED:AbarokotsefeaturedIkiganiroJenosideKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Umwana Ukekwaho Gusambanya Mugenzi We YAREKUWE By’Agateganyo
Next Article Uzasimbura Kagame Agomba Kuzaba Ameze Ate?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?