Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Twatanze Imbanzirizamushinga Y’amahoro Twifuza Muri DRC- Nduhungirehe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Twatanze Imbanzirizamushinga Y’amahoro Twifuza Muri DRC- Nduhungirehe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2025 8:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rwarangije gutanga ibyo rushaka ko bishyirwa mu nyandiko y'amahoro muri DRC.
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier Patrick Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rwarangije gutegura no gutanga imbanzirizamushinga y’ibyo rwifuza ko byazashyirwa mu nyandiko y’amasezerano y’amahoro ‘arambye’ mu Burasirazuba bwa DRC.

DRC nayo igomba gutanga inyandiko nk’iyo kugira ngo zombi zoherezwe muri Amerika nk’umuhuza hanyuma hazakorwe inyandiko ihuriweho izasinywa n’ibihugu byombi muri Kamena, 2025.

Nduhungirehe yabwiye RBA ko gushyira umukono kuri ariya masezerano bizakorwa kuko u Rwanda rushaka ko iriya ntambara irangira binyuze mu mahoro, akemeza ko ari byo rwaharaniye no biganiro byose byakozwe mu gihe cyahise k’ubuhuza bw’ibindi bihugu.

Ati: “ Twashyize umukono kuri ariya mahame kubera ko dushyigikiye amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, kuko dushyigikiye amahoro mu Karere kacu. Kandi twaranabigaragaje no mu biganiro byabanje birimo ibya Luanda n’ibya Nairobi, twerekana ko ikibazo cy’umutekano muke kirangizwa mu buryo bw’ibiganiro”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

We yameza ko ibiganiro u Rwanda rushaka ari ‘ibijya mu mizi y’ikibazo’ kuko ibiganiro bitajya mu mizi yacyo bitagera ku gisubizo kirambye kandi ngo ibyo byaragaragaye kenshi.

Amasezerano adasubiza ibibazo mu buryo bushingiye ku mizi yabyo niyo yatumye intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo idahosha, imyaka ikaba irenga 30 nk’uko Nduhungirehe abyemeza.

Atanga urugero rw’ibyo biganiro akavuga ko Tariki 08, Gashyantare, 2025 hari ibyahuje EAC na SADC hashyirwaho n’abahuza batanu (facilitators) bazakorana n’umuhuza( mediator) wasimbuye Perezida wa Angola witwa Lorenco, ari we mugenzi we wa Togo witwa Faure Gnassingbé.

Muri iki gihe, hari ibindi biri kubera i Doha muri Qatar bifite ibice bibiri ni ukuvuga ibihuza u Rwanda na DRC n’ibihuza iki gihugu na AFC/M23.

Nduhungirehe avuga ko amahame yashyizweho umukono Tariki 25, Mata, 2025 agasinyirwa i Washington ari ay’ibiganiro bikorwa k’ubuhuza bwa Amerika.

- Advertisement -

Tariki 02, Gicurasi, nibwo impande zombi zagombaga guha Amerika imbanzirizamushinga y’ayo masezerano y’amahoro agomba kuzashyirwaho umukono muri Kamena uyu mwaka kandi Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rwarangije kuyatanga.

Amerika izabikusanya ibishyire hamwe ibikoremo umushinga w’amasezerano y’amahoro uzaganirwaho n’impande zombi, Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bakazongera guhura mu Cyumweru cya Gatatu cya Gicurasi bakayaganiraho hanyuma muri Kamena, 2025 akazasinyirwa mu Biro by’Umukuru w’igihugu cya Amerika, White House.

TAGGED:AmasezeranoAmerikaCongoDRCfeaturedGusinyaM23RwandaUmuhuza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article APR FC Yatsinze Rayon Iyirusha Bifatika
Next Article Karongi: Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batemanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

Umwami W’Ubwongereza Atinya Ko Canada Izomekwa Kuri Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mu Buyobozi Bw’Intara Harimo Urunturuntu-Tshisekedi

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Frank Joe Mu Gahinda Ko Gupfusha Umugore We

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'UbuhangaUbuzima

Uhumeka Inshuro 20,000 Ku Munsi-Ariko Se Ubikora Neza?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Hari Ibiganiro Ku Mubano Urambye Wa Israel Na Syria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?