Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Twemera Ko Abanyarwanda Bamaze Kwemera Kubana Neza- PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Twemera Ko Abanyarwanda Bamaze Kwemera Kubana Neza- PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2025 9:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri w'Intebe Dr.Edouard Ngirente aganira n'abaje kwibuka Abatutsi bazize Jenoside bashyinguye mu rwibutso rwa Busogo muri Musanze.
SHARE

Mu mboni ze, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente asanga Abanyarwanda bose barigishijwe kubana neza kandi babyumva batyo.

Ni imwe mu ngingo ikubiye mu kiganiro yaraye ahaye abaturage bo mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Busogo aho yari yagiye kwifatanya nabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Ngirente yaboneyeho no guhumuriza abaturage bari baje kumwumva n’abandi batuye u Rwanda ko uretse ibisanzwe, ariko nta kizabahungabanyiriza ubuzima kuko kubutinda ari inshingano ya Leta.

Ati: “ Ubu turi mu Rwanda rutekanye, turi mu Rwanda rwigisha kubana

neza kandi twemeza ko Abanyarwanda bose bamaze kubyumva”.

Icyakora, yemera ko nubwo ari uko bigaragara muri rusange, ku rundi ruhande, hari abatarumva ko ubumwe bw’Abanyarwanda ari wo fatiro ry’ubuzima bwabo.

Yemeza ko hari raporo nyinshi zerekana ko hirya no hino mu Rwanda hari abarokotse Jenoside bahohoterwa kandi mu buryo bugambiriwe.

Atanga urugero rw’uko hari aho abantu bazinduka bagasanga inka ya runaka warokotse Jenoside yatemwe ibitsi cyangwa ahandi ku mubiri wayo kandi bikagaragara ko uwabikoze yari agambiriye kubabaza nyirayo gusa.

Ngitente ati: “Ibyo byerekana ko ari umutima wo guhohotera uwarokotse

Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko utemye inka ye amaguru kandi

urayisize, ntabwo ari benshi babikora ariko baracyahari”.

Yasabye abaturage bose gukorana bya hafi n’inzego kugira ngo abantu nk’abo bakumirwe kandi abandi bafatwe bagezwe mu butabera.

Muri rusange, Dr. Edouard Ngirente avuga ko u Rwanda rutekanye muri rusange, bikagaragarira ko umuntu ava  i Musanze akajya i Rusizi, cyangwa ukava i Rusizi  ukajya Nyagatare ntawe umutangiriye ngo amubuze gutambuka amwambure ibye.

Kugira ngo ibyo birambe, Ngirente asanga ubufatanye bwa bose ari ngombwa.

Abaturage baje kwibuka ababo bashyinguye muri ruriya rwibutso.

Avuga ko mu gihe abantu bazirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ari ngombwa gushimira abayihagaritse ari bo ingabo za RPA-Inkotanyi.

Bivuze kandi ko abantu bagomba gukorana kugira ngo u Rwanda rutazasubira mu bibi twaciyemo, ahubwo bagaharanira ko tukataza.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideKwibukaMusanzeNgirente
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Teta Sandra Uherutse Gupfobya Jenoside Yasabye Imbabazi
Next Article Repubulika Ya Dominikani: Abantu 98 Bapfiriye Mu Kabyiniro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?