Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Twitter Yahinduye Izina Ry’Ubucuruzi N’Ikirango
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Twitter Yahinduye Izina Ry’Ubucuruzi N’Ikirango

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 11:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Elon Musk yaraye atangaje ku mugaragaro ko inyoni yarangaga urubuga nkoranyambaga rwe, Twitter, yahindutse ubu yagizwe inyuguti ya X.

Ubutumwa umuntu azajya yandika abucishije kuri uru rubuga bugombwa kwitwa ‘x’.

Mbere bwitwaga ‘tweet’.

Uyu muherwe wa mbere ku isi avuga ko urubuga rwe rugiye gutangira gukorerwaho ubucuruzi ndetse na serivisi za Banki.

Kuva mu mwaka wa 2006 ubwo Twitter yashingwaga, yahawe iri zina biturutse ku ikubitana ry’amababa y’inkoni iyo iri kuguruka.

Iyo ibaba rikubise rigira ijwi mu Cyongereza bita ‘tweet’.

Ubwo yashingwaga, abayishinze baguze uburengazira bwo gukoresha inyoni ku $15 nk’uko bitangazwa n’ikigo kitwa Creative Bloq.

Si Elon Musk wenyine watangije ikoreshwa rya X nk’ikirango cy’ubutumwa bwa Twitter ahubwo n’umuyobozi nshingwabikorwa wayo witwa Linda Yaccarino nawe yahise ashyira iyi nyuguti ku kimuranga kuri Twitter ndetse asaba abandi kubigenza batyo.

Bisa n’aho ikitwaga Twitter.com cyahindutse X.com.

Ikindi ni uko kugeza ubu ikigo kinini gishinzwe imikorere ya Twitter nacyo cyahinduriwe izina kitwa X Corporation.

pic.twitter.com/IwcbqMnQtA

— Elon Musk (@elonmusk) July 23, 2023

Yaccarino yavuze ko X izakoresha ikoranabuhanga rifite ubwenge bwa kimuntu( artificial intelligence) rizafasha abantu gukora byinshi bitegeze bitekerezwaho n’uwo ari we wese mu isi kugeza ubu.

Avuga ko X izaba ihuriro ryo guhana amakuru, amafoto, amashusho, kubitsa, kuguriza, ubwiteganyirize n’ahantu ho kubyaza amahirwe mu bucuruzi.

Linda Yaccarino

Elon Musk yaguze Twitter mu Ukwakira, 2022.

Hari ku kiguzi cya Miliyari $44.

Bivugwa ko ku munsi abantu miliyoni 200 bakoresha Twitter.

Nyirayo Elon Musk afite imyaka 52 y’amavuko akaba ari mukire wa mbere ku isi kuko urutonde rwa Forbes Magazine rwasohotse kuri uyu wa Mbere taliki 24, Nyakanga, 2023 ruvuga ko afite Miliyari $236.5.

TAGGED:featuredIkirangoIkoranabuhangaMuskTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Imisoro Izinjiza 52% Mu Ngengo Y’Imari 2023/2024
Next Article Sosiyite Sivile Irasaba Ababyeyi Gukingiza Imbasa Abana Bafite Ubumuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?