Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Twitter Yahinduye Izina Ry’Ubucuruzi N’Ikirango
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Twitter Yahinduye Izina Ry’Ubucuruzi N’Ikirango

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 11:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Elon Musk yaraye atangaje ku mugaragaro ko inyoni yarangaga urubuga nkoranyambaga rwe, Twitter, yahindutse ubu yagizwe inyuguti ya X.

Ubutumwa umuntu azajya yandika abucishije kuri uru rubuga bugombwa kwitwa ‘x’.

Mbere bwitwaga ‘tweet’.

Uyu muherwe wa mbere ku isi avuga ko urubuga rwe rugiye gutangira gukorerwaho ubucuruzi ndetse na serivisi za Banki.

Kuva mu mwaka wa 2006 ubwo Twitter yashingwaga, yahawe iri zina biturutse ku ikubitana ry’amababa y’inkoni iyo iri kuguruka.

Iyo ibaba rikubise rigira ijwi mu Cyongereza bita ‘tweet’.

Ubwo yashingwaga, abayishinze baguze uburengazira bwo gukoresha inyoni ku $15 nk’uko bitangazwa n’ikigo kitwa Creative Bloq.

Si Elon Musk wenyine watangije ikoreshwa rya X nk’ikirango cy’ubutumwa bwa Twitter ahubwo n’umuyobozi nshingwabikorwa wayo witwa Linda Yaccarino nawe yahise ashyira iyi nyuguti ku kimuranga kuri Twitter ndetse asaba abandi kubigenza batyo.

Bisa n’aho ikitwaga Twitter.com cyahindutse X.com.

Ikindi ni uko kugeza ubu ikigo kinini gishinzwe imikorere ya Twitter nacyo cyahinduriwe izina kitwa X Corporation.

pic.twitter.com/IwcbqMnQtA

— Elon Musk (@elonmusk) July 23, 2023

Yaccarino yavuze ko X izakoresha ikoranabuhanga rifite ubwenge bwa kimuntu( artificial intelligence) rizafasha abantu gukora byinshi bitegeze bitekerezwaho n’uwo ari we wese mu isi kugeza ubu.

Avuga ko X izaba ihuriro ryo guhana amakuru, amafoto, amashusho, kubitsa, kuguriza, ubwiteganyirize n’ahantu ho kubyaza amahirwe mu bucuruzi.

Linda Yaccarino

Elon Musk yaguze Twitter mu Ukwakira, 2022.

Hari ku kiguzi cya Miliyari $44.

Bivugwa ko ku munsi abantu miliyoni 200 bakoresha Twitter.

Nyirayo Elon Musk afite imyaka 52 y’amavuko akaba ari mukire wa mbere ku isi kuko urutonde rwa Forbes Magazine rwasohotse kuri uyu wa Mbere taliki 24, Nyakanga, 2023 ruvuga ko afite Miliyari $236.5.

TAGGED:featuredIkirangoIkoranabuhangaMuskTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Imisoro Izinjiza 52% Mu Ngengo Y’Imari 2023/2024
Next Article Sosiyite Sivile Irasaba Ababyeyi Gukingiza Imbasa Abana Bafite Ubumuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?