Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Twitter Yahinduye Izina Ry’Ubucuruzi N’Ikirango
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Twitter Yahinduye Izina Ry’Ubucuruzi N’Ikirango

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 11:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Elon Musk yaraye atangaje ku mugaragaro ko inyoni yarangaga urubuga nkoranyambaga rwe, Twitter, yahindutse ubu yagizwe inyuguti ya X.

Ubutumwa umuntu azajya yandika abucishije kuri uru rubuga bugombwa kwitwa ‘x’.

Mbere bwitwaga ‘tweet’.

Uyu muherwe wa mbere ku isi avuga ko urubuga rwe rugiye gutangira gukorerwaho ubucuruzi ndetse na serivisi za Banki.

Kuva mu mwaka wa 2006 ubwo Twitter yashingwaga, yahawe iri zina biturutse ku ikubitana ry’amababa y’inkoni iyo iri kuguruka.

Iyo ibaba rikubise rigira ijwi mu Cyongereza bita ‘tweet’.

Ubwo yashingwaga, abayishinze baguze uburengazira bwo gukoresha inyoni ku $15 nk’uko bitangazwa n’ikigo kitwa Creative Bloq.

Si Elon Musk wenyine watangije ikoreshwa rya X nk’ikirango cy’ubutumwa bwa Twitter ahubwo n’umuyobozi nshingwabikorwa wayo witwa Linda Yaccarino nawe yahise ashyira iyi nyuguti ku kimuranga kuri Twitter ndetse asaba abandi kubigenza batyo.

Bisa n’aho ikitwaga Twitter.com cyahindutse X.com.

Ikindi ni uko kugeza ubu ikigo kinini gishinzwe imikorere ya Twitter nacyo cyahinduriwe izina kitwa X Corporation.

pic.twitter.com/IwcbqMnQtA

— Elon Musk (@elonmusk) July 23, 2023

Yaccarino yavuze ko X izakoresha ikoranabuhanga rifite ubwenge bwa kimuntu( artificial intelligence) rizafasha abantu gukora byinshi bitegeze bitekerezwaho n’uwo ari we wese mu isi kugeza ubu.

Avuga ko X izaba ihuriro ryo guhana amakuru, amafoto, amashusho, kubitsa, kuguriza, ubwiteganyirize n’ahantu ho kubyaza amahirwe mu bucuruzi.

Linda Yaccarino

Elon Musk yaguze Twitter mu Ukwakira, 2022.

Hari ku kiguzi cya Miliyari $44.

Bivugwa ko ku munsi abantu miliyoni 200 bakoresha Twitter.

Nyirayo Elon Musk afite imyaka 52 y’amavuko akaba ari mukire wa mbere ku isi kuko urutonde rwa Forbes Magazine rwasohotse kuri uyu wa Mbere taliki 24, Nyakanga, 2023 ruvuga ko afite Miliyari $236.5.

TAGGED:featuredIkirangoIkoranabuhangaMuskTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Imisoro Izinjiza 52% Mu Ngengo Y’Imari 2023/2024
Next Article Sosiyite Sivile Irasaba Ababyeyi Gukingiza Imbasa Abana Bafite Ubumuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?