Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Twubaka Igihugu Cyacu Kugira Ngo Kitazigera Gisubira Inyuma: PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Twubaka Igihugu Cyacu Kugira Ngo Kitazigera Gisubira Inyuma: PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 July 2022 10:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye abakozi bo muri Minisiteri ayoboye n’ibindi bigo bya Leta biyihara Raporo bari baje mu muhango wo kwibuka abahoze ari abakozi bayo bazize Jenoside ko muri iki gihe Abanyarwanda bari kubaka igihugu cyabo kugira ngo kitazigera gisubira inyuma.

Dr Ngirente yabivugiye mu ijambo yatanze nyuma y’irya Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu wavuze ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babaye  inkirirahato.

Inkirirahato yasobanuye ko ari umuntu urokokera mu kaga gakomeye, akisanga ari we ugihumeka.

Yatanze urugero rw’agafu gasigara mu bugari baritse mu mazi yaseruye ku kigero cya degere selisiyusi 100.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Prof Dusingizemungu yavuze ko ubwo Inkotanyi zarokoraga Abatutsi bari bagihumeka, bababwiye ko babaye inkirirahato.

Yavuze ko byari bigoye kubona Umututsi ugihumeka kuko abenshi bari barishwe, abandi baratakaje burundu icyizere cyo kuramuka.

Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko mu gihe cyo kwibuka hagamijwe kwiyubaka, Abanyarwanda bagomba kumva kubaka u Rwanda ari umurimo urambye utagomba gusubira inyuma cyangwa ngo idindire.

Yafashe mu mugongo abafite ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bahoze bakorera Minisiteri y’intebe n’ibindi bigo.

Ati: “Ndagira ngo nongere kuvuga ko mu gihe cyo kwibuka nk’iki, ubutumwa bukomeye tumaze guhabwa nk’uko byanavuzwe n’Umukuru w’Igihugu cyacu, tugeze mu rwego rwo kuvuga ngo twibuke twiyubaka, kandi twubaka Abanyarwanda bose twubaka n’Igihugu cyacu kugira ngo gikomeze gutera imbere kitazigera gisubira inyuma.”

- Advertisement -

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente avuga ko Abanyarwanda bagomba kwibuka biyubaka cyane cyane ko imbere h’u Rwanda ari heza nk’uko abivuga.

Yavuze ko yemera ko  nk’abantu bari mu gihugu muri iki gihe intego  ari ukubaka igihugu kizira amakimbirane, kizira Jenoside, kizira ikibazo cyabaho mu Banyarwanda, ahubwo kikaba igihugu abantu bose batangarira.

Yunzemo ko ‘kwibuka twiyubaka’ bigamije kwiteza imbere kwa  buri muntu ku giti cye, kwikomeza, kwiyaka ikibi no guteza imbere igihugu cyacu muri rusange.

Ku kicaro cya Minisiteri y’Intebe ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo
Minisiteri w’ubutabera Dr Emmanuel Ugirashebuja yunamira Abatutsi bahoze bakorera muri Minisiteri y’Intebe n’ibigo byari biyishamikiyeho
Prof Sen Jean Pierre Dusingizemungu
Inès Mpambara Minisitiri ushinzwe imirimo y’Inama y’Abaminisitiri yunamira imibiri y’Abatutsi bahoze bakorera Minisiteri y’Intebe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Iterambere Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente ashakira Abanyarwanda siryo Jean Kambanda yashakaga…

Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga, Jean Kambanda niwe wagizwe Minisitiri w’Intebe asimbuye Madamu Agathe Uwiringiyimana wari umaze kwicwa.

Nka Minisitiri w’Intebe, Kambanda yashyizweho Guverinoma yise ko ari iy’Abatabazi.

Guverinoma y’Abatabazi

Ni Guverinoma yashyizweho ku munsi wakurikiye itangizwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi taliki 07, Mata, 1994.

Ku italiki 08 Mata 1994 ni bwo Col Bagosora yakoranije abayobozi bari bashyigikiye umugambi wa Jenoside, bahurira kuri Ambasade y’Abafaransa bashyiraho Guverinoma.

Ishyaka rya MRND ryari k’ubutegetsi ryari rihagarariwe na Mathieu Ngirumpatse, Edouard Karemera wari visi Perezida wa MRND  na Joseph Nzirorera wari Umunyamabanga mukuru.

MDR yari ihagarariwe na Edouald Karamira na Donat Murego na ho PL yahagarariwe na Justin Mugenzi hamwe na Agnès Ntamabyaliro.

Ishyaka rya PSD ryo ryari rihagarariwe na François Ndungutse afatanyije na Hyacinthe Nsengiyumva Rafiki na ho PDC ihagararirwa na Jean-Marie Vianney Sibomana, Célestin Kabanda hamwe na Gaspard Ruhumuliza nk’uko byigeze kwandikwa n’icyahoze ari Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG(ubu yagiye muri MINUBUMWE) mu gitabo cyitwa “1991- 1994: Itegurwa n’Ishyirwa mu Bikorwa ry’Umugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”

Inama yo gushyiraho Guverinoma y’Abatabazi yarangiye  Théodore Sindikubwabo wa MRND agizwe Perezida wa Repubulika, Jean Kambanda agirwa Minisitiri w’Intebe.

Uwo munsi kandi hashyizweho abandi bagize Guverinoma barimo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Bicamumpaka Jérôme, Minisitiri w’Umutekano n’amajyambere ya Komine Munyazesa Faustin, Minisitiri w’Ubutabera Ntamabyaliro Agnès , Minisitiri w’Ingabo Bizimana Augustin, Minisititi w’Ubuhinzi n’Ubworozi Nsabumukunzi Straton, Minisitiri w’amashuri abanza n’ayisumbuye Rwamakuba André.

Hanashyizweho Dr Mbangura Daniel nka Minisitiri w’amashuri makuru na za Kaminuza, Minisitiri w’Imari Ndindabahizi, Minisitiri w’abakozi ba Leta Mugiraneza Prosper, Minisitiri w’Itumanaho Niyitegeka Eliézer , Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda Mugenzi Justin, Minisitiri w’igenamigambi Ngirabatware Augustin, Minisitiri w’ubuzima Bizimungu Casimir , Minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu Ntagerura André, Minisitiri w’umurimo n’imibereho myiza Habineza Jean de Dieu, Minisitiri w’ibikorwa remezo Nsengiyumva Rafiki Hyacinthe, Minisitiri w’ibidukikije Ruhumuliza Gaspard, Minisitiri w’Umuryango n’Iterambere ry’umugore Nyiramasuhuko Pauline na Minisitiri w’urubyiruko Nzabonimana Callixte.

Hafi ya bose muri abo nibo bagize uruhare mu gushishikariza abaturage kwica Abatutsi.

Kuri Kambanda by’umwihariko, yagize uruhare rutaziguye mu gushishikariza Abahutu b’intagondwa kwica Abatutsi ndetse abisaba n’intiti zo muri Kaminuza y’u Rwanda.

Uko Kambanda Yatumye Intiti z’u Rwanda zijya mu bwicanyi…

Ku wa Gatandatu taliki 14, Gicurasi, 1994, Jean Kambanda yafashe imodoka yerekeza kuri Kaminuza y’u Rwanda, i Butare.

Hari muri Komini Ngoma. Ubutumwa yari yahawe bwari ubwo gushaka bamwe mu barimu ba Kaminuza bashoboraga kujya mu gisikare ngo baze bafashe abandi basirikare kurwanya agatsiko yitaga ko kabajujubije k’INYENZI.

Jean Kambanda imbere y’urukiko kubera Jenoside yakoze

Muri imwe mu nyubako z’iriya Kaminuza hateraniye Inama yahuje abarimu, abanyeshuri n’abagize itsinda ryaherekeje Kambanda.

Yarababwiye ati: “ Ntidushobora  kwemera ko agatsiko k’Inyenzi kadukura ku butegetsi bw’igihugu cyacu kakabufata twe tukajya kwangara…”

Kuri we, ntibyashobokaga ko izo nyenzi nke zakwirukana mu Rwanda  ‘rubanda nyamwinshi’ yanganaga na miliyoni zirindwi.

Ikindi ni uko hari bamwe mu bayobozi b’ishyaka CDR( Coalition pour la Défense de la République) barimo uwari ushinzwe icengezamatwara witwaga Stanislas Simbizi bavuga ko izo nyenzi ( ni ukuvuga Abatutsi) zari zimaze igihe zica abaturage hirya no hino mu Rwanda.

Byari mu rwego rwo kwangisha abaturage Abatutsi. Uru rwango rwarafashe biza gutuma babica kugeza ubwo hapfuye abarenga Miliyoni mu mezi atatu.

 

TAGGED:AbatutsiBanyarwandafeaturedJenosideNgirente
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M 23 Ishinja MONUSCO Kwirengagiza Nkana Ubufatanye Bwa FARDC, FDLR Na Mai Mai
Next Article Gatsibo: Bishe Umugore Bamuciye Umutwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?