Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Bwafatiye Ibihano Abayobozi Ba Amerika, Bwirukana N’Abadipolomate Bayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Bwafatiye Ibihano Abayobozi Ba Amerika, Bwirukana N’Abadipolomate Bayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 April 2021 10:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U Burusiya bwihimuye kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bufatira ibihano abayobozi umunani bayo, barimo n’umuyobozi wa FBI, Christopher Wray n’umuyobozi w’urwego rw’iperereza, Avril Haines.

Ni kimwe mu byemezo u Burusiya bwafashe ku wa Gatanu, nyuma y’umunsi umwe Perezida wa Leta Zunze Ubunmwe za Amerika Joe Biden atangaje ibihano ku bayobozi b’u Burusiya, mu gihe umwuka ukomeje kuba mubi hagati y’ibihugu byombi.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Sergey Lavrov yatangaje ko u Burusiya bugiye no kwirukana abadipolomate 10 ba Amerika, bugahagarike imwe mu miryango nyamerika idaharanira inyungu, bushyireho umubare ntarengwa ku badipolomate ba Amerika ndetse bushyireho ibihano “bibabaje” ku bucuruzi bw’Abanyamerika.

Ni ibyemezo bisubiza ibyo Amerika yatangaje ku wa Kane.

Lavrov yanatangaje ko bamenyesheje ambasaderi wa Amerila i Moscow, John Sullivan, ko ashobora gusubira i Washington kugira ngo hakorwe ibiganiro birambuye, nyuma y’uko uw’u Burusiya yatashye muri Werurwe ubwo Biden yavugaga ko Perezida Putin ashobora kuba ari umwicanyi.

Ibihano by’u Burusiya byemejwe mu gihe Minisitiri w’Ingabo za Amerika Antony Blinken, ubwo yavugaga ku ruhande rw’ingabo za Amerika n’ibihugu byishize hamwe muri NATO, ko bahangayikishijwe n’ibikorwa by’ingabo z’u Burusiya ku mupaka wa Ukraine.

Mu bandi bafatiwe ibihano barimo Intumwa nkuru ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika Merrick Garland, umujyanama wa Biden, Susan Rice, Minisitiri w’Umutekano Alejandro Mayorkas n’umuyobozi ushinzwe amagereza, Michael Carvajal.

Hariho kandi uwahoze ari umujyanama mu by’umutekano ku bwa Perezida Trump, John Bolton hamwe n’uwahoze ayobora CIA, Robert James Woolsey, Jr.

TAGGED:BidenfeaturedPutin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Banki y’Isi Yemereye U Rwanda Miliyoni $30 Zo Kugura Inkingo Za COVID-19
Next Article Basabose Uheruka Gufatirwa Mu Bubiligi Yarekuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?