Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Bwavuze Ko Nibutsindwa Muri Ukraine Isi Izabona Ishyano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Bwavuze Ko Nibutsindwa Muri Ukraine Isi Izabona Ishyano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2023 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dmitry Medvedev wigeze kuba Perizida w’u Burusiya akaba na Minisitiri w’Intebe inshuro nyinshi yatangaje ko u Burusiya batazemera gusebera muri Ukraine ngo bwatsinzwe ahubwo  ko nibusanga ari ngombwa buzakoresha intwaro za kirimbuzi.

Bwari ubutumwa yageneye abayoboza ihuriro rya OTAN/NATO, abamenyesha ko ubufasha baha Ukraine buzarakaza u Burusiya bukagera aho bukoresha intwaro za kirimbuzi.

Yagize ati: “ Nta gihugu gikomeye cyatsindwa mu ntambara isanzwe hanyuma ngo kireke gukoresha iza kirimbuzi.”

Ubu butumwa yabucishije kuri Telegram nk’uko The Reuters yabyanditse.

Medvedev yavuze ko mu mateka nta gihugu gifite intwaro za kirimbuzi kigeze gutsindwa mu ntambara isanzwe ngo kibure gukoresha iya kirimbuzi.

Yasaga n’ukomoza ku byo Amerika yakoze mu ntambara ya kabiri y’isi ubwo yakoreshaga intwaro ya kirimbuzi mu kwivuna Abayapani bari bayijujubije.

Medvedev yigeze kuyobora u Burusiya guhera mu mwaka wa 2008 kugeza mu mwaka wa 2012.

Dmitry Medvedev mu mwaka wa 2018

Yavuze ko abayobozi b’ibihugu bya OTAN/NATO bategerejwe mu nama izabahuriza mu Budage kuri uyu wa Gatantu kugira ngo baganire uko bakomeza gufasha Ukraine bagombye no gutekereza ku byo yavuze.

Avuga ko nyuma yo kubitegekezaho bihagije, bizabafasha kudahubuka mu byemezo bazafatira mu nyubako z’ikigo cya gisirikare kitwa Ramstein Air Base kiri mu Budage.

U Burusiya na Leta zunze ubumwe z’Amerika ni byo bihugu bya mbere ku isi bifite ibitwaro byinshi bya kirimbuzi kurusha ibindi bihugu ku isi kubera ko byikubiye 90% yabyo.

Iby’uko gukoresha intwaro za kirimbuzi bishoboka, byaciwemo amarenga na Perezida Putin ubwo yavugaga ko intambara ari kurwana muri Ukraine ari iyo gupfa cyangwa gukira.

Avuga ko igihugu cye kitagombaga kumirwa na ba gashakabuhake bo mu Burayi.

Iyi ntambara cyayitangije yo mu Ugushyingo, 2022 kandi kugeza n’ubu iracyakomeje.

TAGGED:BurayiBurusiyafeaturedIntwaroKurimbuziUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Yahaye Umupolisi Ruswa Ngo Atamuziza EBM
Next Article Miss Aurore Kayibanda ‘Yagarutse’ Mu Rukundo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?