Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Burusiya Bwavuze Ko Nibutsindwa Muri Ukraine Isi Izabona Ishyano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Burusiya Bwavuze Ko Nibutsindwa Muri Ukraine Isi Izabona Ishyano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2023 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dmitry Medvedev wigeze kuba Perizida w’u Burusiya akaba na Minisitiri w’Intebe inshuro nyinshi yatangaje ko u Burusiya batazemera gusebera muri Ukraine ngo bwatsinzwe ahubwo  ko nibusanga ari ngombwa buzakoresha intwaro za kirimbuzi.

Bwari ubutumwa yageneye abayoboza ihuriro rya OTAN/NATO, abamenyesha ko ubufasha baha Ukraine buzarakaza u Burusiya bukagera aho bukoresha intwaro za kirimbuzi.

Yagize ati: “ Nta gihugu gikomeye cyatsindwa mu ntambara isanzwe hanyuma ngo kireke gukoresha iza kirimbuzi.”

Ubu butumwa yabucishije kuri Telegram nk’uko The Reuters yabyanditse.

Medvedev yavuze ko mu mateka nta gihugu gifite intwaro za kirimbuzi kigeze gutsindwa mu ntambara isanzwe ngo kibure gukoresha iya kirimbuzi.

Yasaga n’ukomoza ku byo Amerika yakoze mu ntambara ya kabiri y’isi ubwo yakoreshaga intwaro ya kirimbuzi mu kwivuna Abayapani bari bayijujubije.

Medvedev yigeze kuyobora u Burusiya guhera mu mwaka wa 2008 kugeza mu mwaka wa 2012.

Dmitry Medvedev mu mwaka wa 2018

Yavuze ko abayobozi b’ibihugu bya OTAN/NATO bategerejwe mu nama izabahuriza mu Budage kuri uyu wa Gatantu kugira ngo baganire uko bakomeza gufasha Ukraine bagombye no gutekereza ku byo yavuze.

Avuga ko nyuma yo kubitegekezaho bihagije, bizabafasha kudahubuka mu byemezo bazafatira mu nyubako z’ikigo cya gisirikare kitwa Ramstein Air Base kiri mu Budage.

U Burusiya na Leta zunze ubumwe z’Amerika ni byo bihugu bya mbere ku isi bifite ibitwaro byinshi bya kirimbuzi kurusha ibindi bihugu ku isi kubera ko byikubiye 90% yabyo.

Iby’uko gukoresha intwaro za kirimbuzi bishoboka, byaciwemo amarenga na Perezida Putin ubwo yavugaga ko intambara ari kurwana muri Ukraine ari iyo gupfa cyangwa gukira.

Avuga ko igihugu cye kitagombaga kumirwa na ba gashakabuhake bo mu Burayi.

Iyi ntambara cyayitangije yo mu Ugushyingo, 2022 kandi kugeza n’ubu iracyakomeje.

TAGGED:BurayiBurusiyafeaturedIntwaroKurimbuziUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Yahaye Umupolisi Ruswa Ngo Atamuziza EBM
Next Article Miss Aurore Kayibanda ‘Yagarutse’ Mu Rukundo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?