Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bushinwa Ntibushaka Gutangwa Ku Mutungo Wa Libya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

U Bushinwa Ntibushaka Gutangwa Ku Mutungo Wa Libya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 April 2021 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko hashyizweho Guverinoma nshya muri Libya iyobowe na Abdelhamid al-Dabaiba ibihugu bikomeye byatangiye kuyishakaho umubano. U Bushinwa nabwo bwanze kuhatangwa.

Umubano ibihugu bikize bishaka kugirana na Libya bivuga ko ugamije kongera kuyubaka nyuma y’intambara yahadutse muri 2011 ubwo Perezida Muhammar Khadafi yakurwaga ku butegetsi akaza kwicwa.

Kubera ko u Bushinwa nabwo bufite ijambo muri Afurika n’ahandi ku isi, kandi bukaba bumaze imyaka irenga 10 bukorana na Libya, muri iki gihe burashaka kuhagaruka bugatangira imishinga yo gufasha Tripoli kongera kuba umujyi utuje kandi usa neza.

Umwe mu bakozi ba Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bushinwa witwa Wang Qimin aherutse muri Libya kugira ngo aganire na  Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wayo witwa Najla Mangouch.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bwana Wang yavuze ko igihugu cye cyiteguye neza gutangira gushora imari muri Libya.

Kuva ibibazo byo muri Libya ya nyuma ya Khadafi byavuka, ntabwo u Bushinwa bwabivuzwemo ariko muri 2011 Libya yahaga u Bushinwa ibikomoka kuri Petelori bingana na 3% by’ibyo bukenera.

Uyu mubare ungana n’utugunguru 150 000 ku munsi.

Twibukiranye ko u Bushinwa ari igihugu cya mbere ku isi mu gukoresha ibikomoka kuri Petelori byinshi.

Ubushinwa kandi nicyo gihugu cya kabiri Libya yiherereza ibikomoka kuri Petelori harimo na gaz nyuma y’u Butaliyani bifitanye amateka y’ubukoloni.

- Advertisement -

Muri 2016, Libya yoherereje u Bushinwa 16% by’ibikomoka kuri Petelori na Gaz byose yashoboye gucukura.

Ubwo ibintu byari bikomeye muri kiriya gihugu, Libya yahisemo koherereza ibyo icukura mu Bushinwa kurusha mu Bufaransa no muri Libya.

U Bushinwa bwakiriye ibigera kuri 540% mu gihe ibyo u Bufaransa bwakiraga byagabanutse ku kigero cya 36% n’aho ibyo u Butaliyani bwakiraga bigabanuka ku kigero cya 13%.

Ku rundi ruhande, u Bushinwa bwoherereje Libya ibintu byinshi ndetse buca kuri Misiri na Turikiya byari bisanzwe bisa n’ibyigaruriye ririya soko.

Ibyo u Bushinwa bugurisha muri Libya byiganjemo amapine, ibikoresho byo mu rugo, n’ibyuma bikonjesha mu nzu.

Ubushinwa buzi gushishoza…

Kuva ibibazo byo muri Libya byatangira muri 2011, u Bushinwa bwirinze kugira uruhande rwerekana ko rushyigikiye ahubwo bujya ahirengeye bwitegereza ibikorerwa muri kiriya gihugu, byaba bikorwa na Leta cyangwa abandi batari Leta.

Ikindi ni uko igihe cyose byabaga ngombwa ko Akanama k’Umuryango w’Abibumbye  gashinzwe amahoro ku isi kagira icyo kanzura mu bibera muri Libya, u Bushinwa bwarifataga.

Bwabikoze  muri 2014 no muri 2019, ibi bukabikora bwirinda ko hagira urogoya intego zabwo z’ubukungu muri Libya.

Umusesenguzi witwa Frederic Wehrey wo mu kigo kitwa Carnegie Endowment for International Peace yabwiye Jeune Afrique ko u Bushinwa ari inyaryenge cyane.

Ati: “ Abashinwa bamenye kare ko muri iki gihe kugira ngo igihugu kigarurire ikindi bitagishingiye ku ntwaro kikigurishaho ahubwo bishingiye ku masezerano y’ubucuruzi bigirana.”

Ubushinwa ntibushaka gutangwa ku mugati wa Libya
Uyu muhanga avuga ko u Bushinwa ari inyaryenge cyane

Umwe mu mishinga ituma abategetsi b’i Pékin( Beijing) badasinzira ni umushinga wo  kubaka umuhanda uzabuhuza n’u Burayi n’Afurika.

Ni umushinga mu Cyongereza bise The Belt and Road Initiative.

Abanya Libya banze kuzasigara inyuma  begera u Bushinwa babusaba ko nabo batazahezwa kuri ayo mahirwe.

Libya ya nyuma ya Khadafi ihishiye abaturage bayo byinshi.

TAGGED:BushinwafeaturedKhadafiLibyaMisiriPeteloriTurikiyaUmutungo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuntu Ubana N’Umunywi W’Itabi Arugarijwe!
Next Article Mu Kigo Cya Gako ‘Officer Cadets’ Ba RDF Batozwa Bate?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?