Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 May 2025 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame ubwo yerekwaga izi ntwaro.
SHARE

Mu buryo busa n’ubwatunguye benshi, mu Rwanda haraye hamuritswe intwaro zihakorerwa. Ni ubwa mbere byari bigaragaye kuko abenshi bari bazi ko izikoreshwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zose zivanwa mu mahanga.

Mu imurikabikorwa ry’intwaro ryaraye ribereye mu Rwanda rigenewe abitabiriye Inama mpuzamahanga iri kuhabera yita ku by’umutekano muri Afurika, ni ho izo ntwaro ubona ko zikomeye zamurikiwe Perezida Paul Kagame n’abandi bayitabiriye.

Nyuma y’ijambo yavuze ryerekana ko umutekano wa Afurika ukwiye kujya mu maboko yayo, ntiwurindirwe n’abandi, Kagame yasuye ahari imurikabikorwa ry’inganda zikora ibikoresho by’ubwirinzi, birimo n’ibikorerwa mu Rwanda.

Iryo murika ni iryo kwerekana ko burya Afurika nayo yakwikorera ibikoresho byayo biyirindira umutekano.

Ibigo 17 byo mu bihugu bitandukanye byagaragaje ibikoresho byifashishwa mu gucunga umutekano n’ubwirinzi.

Inama ya ISCA yamurikiwemo ziriya ntwaro yitabiriwe  n’abantu 1000 barimo inzobere mu by’umutekano.

Ibihugu byamuritse ibyo bikora birimo u Rwanda, Israel, Misiri, Kenya, Uganda, u Bufaransa, Pologne, u Burusiya na Slovakia.

Imbunda zo mu Rwanda zikorwa n’ikigo REMCO( Rwanda Engineering &Manufacturing Corporation).

Rukorera mu cyanya cy’inganda cya Kigali, rukaba rumaze imyaka ibiri rukora.

Rukora intwaro nto bita pistols, intwaro nini nka machine guns n’izindi kandi rukorana na Israel mu gukora ziriya ntwaro.

TAGGED:AfurikafeaturedInamaIntwaroRwandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda
Next Article DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Somalia: Al Shabaab Yagabye Igitero Aho Abarwanyi Bayo Bafungiye

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Kigali: U Rwanda Ruraganira Na Afurika Uko Politiki Ya ICT Yahuzwa

Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Perezida Kagame Yashimiye Abanyarwanda Bafannye Igare

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?